Impaka zikomeye hagati ya Gen. Chirimwami na ba Colonels bashinjwa gusiga Bunagana mu maboko ya M23

Sangiza iyi nkuru

Tariki ya 4 Mata 2023, Gen. Maj. Peter Chirimwami wigeze kuyobora ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yitabiriye urubanza rwa ba Colonels babiri bashinjwa gusiga Bunagana mu maboko y’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23, nk’umutangabuhamya.

Gen. Chirimwami yahamagawe n’urukiko rwa gisirikare nyuma y’aho aba ba Colonels: Jean-Marie Ndiadia wayoboraga Rejima y’3412 iri i Bunagana na Lobo Kamuhanda wayoboraga Rejima y’3307 iba muri Gisiza, bavuze ko ari we wabahaye ibwiriza ryo guhunga abarwanyi ba M23 nyuma y’aho babuze ibikoresho n’abasirikare babafasha kurwana.

Ubuhamya buvangavanze

Ikinyamakuru Les Coulisses kivuga ko Gen. Chirimwami usigaye ayobora ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Ituri yatanze ubuhamya buvangavanze kandi burimo urujijo.

Uyu musirikare mu buhamya bwe, yabanje kuvuga ko atigeze aha Col. Ndiadia na Lobo ibwiriza ryo kuva mu bice bayoboraga mu rwego rwa gisirikare, ahubwo ngo mbere y’uko imirwano yo muri Bunagana ikomera, aba bari bamaze guhungira muri Kitagoma.

Gen. Cirimwami kandi yagaragarije urukiko ko nta bubasha bwinshi yari afite mu karere ka Sokola II yayoboraga, kuko ngo uwari Umugaba Mukuru w’ingabo mu mwaka ushize , Gen. Célestin Mbala yamuvugiragamo, akivanga mu nshingano ye.

Yasobanuye ko uwari Umugaba Mukuru kandi ari we wahaye aba ba Colonel ibwiriza ryo guhunga abarwanyi ba M23, nyamara ngo we [Gen. Chirimwami] nta byo yari yamenyeshejwe.

Yageze aho yemera ko yatanze ibwiriza

Muri ubu buhamya burebure, Gen. Chirimwami yageze aho yemera ko yatanze ibwiriza ryo guhunga Bunagana, ariko ngo yarihaye Colonel Buyira wari wungirije Ndiadia muri Rejima 3412 nyuma y’aho abarewa bari bamaze guta abasirikare bayoboraga.

Gusa, Col. Ndiadia na Lobo bateye utwatsi ubuhamya bwa Gen. Cirimwami, basobanura ko bavanye i Bunagana na Col. Buyira, mu kwerekana ko batigeze bava muri iki gice mbere yo guhabwa ibwiriza.

Ikindi kidasanzwe Gen. Chirimwami yavugiye mu rukiko ngo ni uko umwe muri aba ba Colonel baregwa yari afite umugambi wo kumwica, amutegeye igico hafi ya Kitagoma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *