Impapuro z’umutekano wa Biden zateje impagarara nyuma yo gutakara mu muhanda

Sangiza iyi nkuru

Impapuro z’umutekano zigaragaza uko umutekano wa Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, wagombaga kuba urinzwe mu gihe cy’uruzinduko rwe muri Northern Ireland zateje impagarara nyuma y’aho zitakaye mu muhanda.

Nk’uko umunyamakuru wa BBC yabitangaje, umuturage yatoraguye izi mpapuro kuri uyu wa 12 Mata 2023 mu muhanda wo mu mujyi wa Belfash, hafi ya hoteli itsinda ry’abayobozi baherekeje Biden bacumbikiwemo.

Mu ncamake, izi mpapuro zagaragajweho rumwe muri zo zigaragaza uburyo abapolisi bagombaga koherezwa mu bice bitandukanye mu gihe cy’uruzinduko rwa Biden rwatangiye kuri uyu wa 12 Mata.

Nyuma y’aho bimenyekanye ko umuturage yazitoraguye mu muhanda, Polisi ya Northern Ireland yatangaje ko irafata icyemezo gikwiye. Iti: “Duha agaciro gakomeye umutekano w’abanyacyubahiro, abakozi ba rubanda, abofisiye n’abayobozi badusura kandi tuzafata ingamba zikwiye.”

Urwego rushinzwe umutekano wa Perezida wa USA, Secret Service, na rwo rwatangaje ko rwamenye iby’aya makuru, gusa ngo izi mpapuro nta ngaruka mbi zagize ku ruzinduko rwa Biden.

Umuvugizi w’uru rwego, Anthony Guglielmi yagize ati: “Mu gihe tutavuga ku byerekeye operasiyo y’umutekano, urugendo rwa Perezida ntabwo rwagizweho ingaruka n’aya makuru.”

Uruzinduko rwa Biden muri Northern Ireland rurakurikirwa n’urwo agirira muri Ireland.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *