Ubuyobozi bwa komini Mabayi mu ntara ya Cibitoke mu Burundi buravugwaho gufatira santere y’ubucuruzi ya Kivogero nyuma y’aho abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya Leta y’u Rwanda bagaragayemo bagiye gushaka ibibatunga.
Amakuru dukesha SOS Media Burundi avuga ko abarwanyi ba FLN iyo bashaka ibibatunga, basohoka mu ishyamba rya Kibira (rihana imbibi na Nyungwe) bafitemo ibirindiro, bakajya mu bice bituwe bihegereye.
Bamwe mu bagize urubyiruko rushamikiye ku ishyaka CNDD-FDD ruzwi nk’Imbonerakure ndetse na bamwe mu basirikare b’u Burundi baravugwaho gufasha abarwanyi ba FLN kugera ahantu hatuwe, bagakora ibibagenza nta nkomyi, bagasubira muri Kibira mu mahoro.
Ibikorwa by’izi Mbonerakure n’abasirikare bamwe na bamwe bisubiza inyuma operasiyo yo guhiga no kwirukana muri Kibira abarwanyi ba FLN uru rubuga rw’Abarundi ruvuga ko ikomeje.
Ubuyobozi bwa Mabayi nyuma yo kumenya ko abarwanyi b’uyu mutwe witwaje intwaro, ngo bwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo santere ya Kivogera, mu rwego rwo gufungira ihahiro abarwanyi bawo.
Gusa ariko, ngo abacuruzi bakorera muri iyi santere ntabwo bishimiye iki cyemezo, cyane ko kibahombya.


