Irushanwa Umurenge Kagame Cup ry'uyu mwaka ryarangiye mu kwezi gushize/Ifoto: Kigali Today

Muri RDC hagiye gutangira irushanwa ryitiriwe Perezida

Sangiza iyi nkuru

Muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) hagiye gutangira irushanwa ‘Fatshi Cup’ ryitiriwe Perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi Tshilombo uzwi ku izina ry’akabyiniriro nka Fatshi.

Minisitiri wa siporo, Franà§ois Claude Kabulo Mwana Kabulo, kuri uyu wa 17 Mata 2023 ubwo yari mu nama n’abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri RDC, FECOFA, yasobanuye ko rizatangira muri Kamena uyu mwaka.

Minisitiri Kabulo yahaye FECOFA iyobowe na Perezida wayo, Donatien Tshimanga, inshingano yo gutegura iri rushanwa kugira ngo rizagende neza nk’uko byifuzwa.

Uyu muyobozi yasobanuye ko iri rushanwa rizitabirwa n’abana batarengeje imyaka 20 bo mu karere ka Afurika yo hagati, rikazabera kuri sitade ya Martyrs iri i Kinshasa, kandi ngo mu bazagira uruhare mu kuriyobora harimo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) n’impuzamashyirahamwe nyafurika, CAF.

Mu Rwanda na ho hasanzwe habera irushanwa ngarukamwaka ryitiriwe Perezida Paul Kagame ‘Umurenge Kagame Cup’ rihuza amakipe ahagarariye imirenge mu byiciro bitandukanye birimo umupira w’amaguru, iy’amaboko, kwiruka no gusiganwa ku magare.

Perezida Kagame kandi ni umuterankunga mukuru w’irushanwa ryamwitiriwe ‘CECAFA Kagame Cup’ rihuza amakipe y’umupira w’amaguru mu karere ka Afurika y’iburasirazuba kuva mu mwaka w’2002.

Amarushanwa nk’aya yitirirwa abanyacyubahiro agira uruhare rukomeye mu iterambere rya siporo ariko akanatuma bakundwa cyane n’abakunzi bayo bari imbere mu bihugu bayobora ndetse no mu karere.

Irushanwa Umurenge Kagame Cup ry'uyu mwaka ryarangiye mu kwezi gushize/Ifoto: Kigali Today
Irushanwa Umurenge Kagame Cup ry’uyu mwaka ryarangiye mu kwezi gushize/Ifoto: Kigali Today

Irushanwa rya CECAFA ryitiriwe Perezida Kagame kubera ko ari umuterankunga mukuru waryo
Irushanwa rya CECAFA ryitiriwe Perezida Kagame kubera ko ari umuterankunga mukuru waryo

Irushanwa ryitiriwe Tshisekedi rizatangira muri Kamena
Irushanwa ryitiriwe Tshisekedi rizatangira muri Kamena

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *