Gen. Nyagah yatangaje abafite ububasha bwo kuvana ingabo za EAC muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Maj. Gen. Jeff Nyagah yatangaje abafite ububasha bwo kuvana umutwe w’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ayobora mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, RDC.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 17 Mata 2023, Gen. Nyagah yasobanuye ko ingabo za EAC ziri muri RDC hashingiwe ku byemezo byafashwe n’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango.

Uyu musirikare yakomeje avuga ko ingabo za EAC ziri muri RDC kandi mu buryo bwubahiriza Itegekonshinga ry’iki gihugu. Naho ngo abakuru b’ibihugu byo muri aka karere nibemeza ko zigumayo, zizabyubahiriza, kandi nibemeza ko zivayo, na byo bizakorwa.

Yagize ati: “Twaje kubera ubushake bw’abakuru b’ibihugu bya EAC kandi byubahiriza cyane Itegekonshinga rya RDC. Twarahamagawe kandi aba bakuru b’ibihugu nibafata icyemezo cy’uko tuhava, tuzabyubahiriza. Ariko mu gihe dutegereje, njyewe nka Komanda nzakomeza gukomera ku ntego yacu y’amahoro mu burasirazuba bwa RDC.”

Gen. Nyagah yakomeje asobanurira abanyamakuru ko ingabo za EAC zitagiye muri RDC kubera M23 gusa. Yagize ati: “RDC ifite imitwe yitwaje intwaro irenga 100 itera umutekano muke. Turashaka gukora ibishoboka kugira ngo icike.”

Uyu musirikare atanze ubu butumwa mu gihe Abanyekongo bakomeje kugaragaza ko batishimiye kuba ingabo za EAC zitarwanya umutwe wa M23, bamwe muri bo bakaba basaba Leta ya RDC kuzirukana.

Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, aherutse gutangaza ko abarwanyi ba M23 bagomba guhagarika imirwano, bakarambika intwaro, bakajya kuba mu gace ka Kindu muri Maniema, ingabo za Angola zikajya kubarinda, hanyuma ingabo za EAC zikava mu gihugu cyabo.

Ntabwo icyo abakuru b’ibihugu byo muri EAC bateganyiriza izi ngabo kizwi nyuma y’aho Tshisekedi atangaje aya magambo afatwa nk’atandukira imyanzuro ya Nairobi yo muri Mata 2022 n’iya Luanda yo mu Gushyingo 2023.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *