Uganda: Undi muminisitiri yagejejwe mu rukiko azira amabati y’abatishoboye bo muri Karamoja

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibikorwa bya Karamoja, Agnes Nandutu yageze mu rukiko rushinzwe kurwanya ruswa muri Kololo, mu Mujyi wa Kampala nyuma y’ifatwa rye kuri uyu wa Kabiri ushize kubera kunyereza amabati yari agenewe abaturage batishoboye bo mu Karere ka Karamoja .

Ari ku rutonde rurerure rw’abaminisitiri n’abadepite barimo gukorwaho iperereza ku kibazo cy’amabati cyatumye guverinoma isigarana urugamba rwo kwikuraho icyasha.

Uyu munyamabanga wa leta akurikiranyweho icyaha cyo gutunga umutungo ukemangwa binyuranyije n’ingingo ya 21A (1) y’itegeko rirwanya ruswa, ryo mu 2009 (Nk’uko ryavuguruwe) nk’uko iyi nkuru dukesha Dily Monitor ivuga.

Ubushinjacyaha buvuga ko Nandutu mu kwezi kwa Kamena 2022 ku biro by’ububiko bwa Minisitiri w’intebe, Akagari ka Namanve na Kkola, Paruwasi ya Bulwanyi, Umujyi wa Mukono mu Karere ka Mukono yakiriye umutungo wa leta w’amabati agera ku 2000 yari azi ko yabonetse mu buryo bunyuranyije n’amategeko, icyaha giteganywa n’ingingo ya 10 (1) y’itegeko ryo kurwanya ruswa ryo mu 2009 (Nk’uko ryavuguruwe).

Abaminisitiri babiri; Mary Gorreti Kitutu, minisitiri ushinzwe ibibazo bya Karamoja na Amos Lugolobi, Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’imari (igenamigambi) bamaze gushinjwa mu rukiko rushinzwe kurwanya ruswa kubera ruswa no kuba barateje igihombo leta nyuma y’uko amabati yari agenewe ibikorwa by’ubutabazi ku baturage ba Karamoja yaje kunyerezwa abadepite benshi, abaminisitiri n’abatekinisiye muri guverinoma bakayigabanya.

Nibura abaminisitiri 20 n’abadepite bagera kuri 35 mu gihugu hose bashobora kuzira aya mabati ya Karamoja, leta ikaba iharanira kwikuraho icyasha kubera ayo mahano.

Abaminisitiri bakuru benshi barimo, Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabbanja, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Among na minisitiri w’imari, Matia Kasaija bari mu baminisitiri bakuru bakiriye amabati, ndetse tutibagiwe na visi perezida.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *