Kabanda abona igisirikare kitagira Inkeragutabara kiba kimeze nk'imodoka itagira ipine ry'ubwizigame

Kinshasa: Abagize Inteko batoye itegeko ryemerera abasivili kurwanira igihugu

Sangiza iyi nkuru

Abagize inteko ishinga amategeko muri Repubulika ya demukarasi ya Congo batoye itegeko rikubiyemo ingingo zirimo iyemerera abasivili babyifuza kwifatanya n’ingabo za Leta mu gihe ziri ku rugamba.

Iri tegeko muri rusange rishyiraho umutwe w’Inkeragutabara, umushinga waryo ukaba warateguwe na Gilbert Kabanda wahoze ari Minisitiri w’ingabo n’abari abasirikare, awugeze ku bagize Inteko kugira ngo bawusesengure, banawemeze.

Ryemeza ko umutwe w’Inkeragutabara ubarizwamo: abasirikare babarizwa mu zindi nzego n’abandi bari mu nzego z’umutekano, abasezerewe mu ngabo, abasirikare bakorera ku masezerano n’abasivile bifuza gufasha ingabo kurinda igihugu, by’umwihariko mu gihe cyaba cyatewe.

Abitabiriye iri tora ryabaye kuri uyu wa 20 Mata 2023 bose uko ari 384 baryemeje. Bivuze ko nta watoye ‘oya’ kandi nta n’uwifashe, gusa si ko abagize inteko ishinga amategeko ya RDC bose baryitabiriye.

Claudel Lubaya ukunze kugaragaza ibitekerezo bitavugwaho rumwe mu nteko ya RDC ari mu batitabiriye iri tora, ariko yanenze kwemerwa kw’iri tegeko, asobanura ko rizatuma imitwe yitwaje intwaro yemererwa gukora.

Lubaya yagize ati: “Kwemeza uyu mushinga kuzatuma imitwe yitwaje intwaro yemerwa n’amategeko kandi ijye yiyinjiza muri FARDC, bijyane n’ingaruka mbi. Igitekerezo ni ukubaka, gutoza, guha ibikoresho no gutegura igisirikare, aho guha inyeshyamba sitati y’amategeko.”

Igitekerezo cy’uyu mushinga cyaturutse ku busabe bw’Abanyekongo bwo kuvugurura igisirikare, mu gihe byagaragaraga ko kirushwa imbaraga n’imitwe yitwaje intwaro, by’umwihariko M23.

Kabanda abona igisirikare kitagira Inkeragutabara kiba kimeze nk'imodoka itagira ipine ry'ubwizigame
Kabanda abona igisirikare kitagira Inkeragutabara kiba kimeze nk’imodoka itagira ipine ry’ubwizigame

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *