Minisiteri ishinzwe itumanaho, ikoranabuhanga n’itangazamakuru mu Burundi yatangaje ko nihatabaho kwitwararika, bamwe mu banyamakuru bakorera muri iki gihugu bashobora gufatirwa ibihano.
Iyi Minisiteri yasobanuye ko hari ibinyamakuru biri gukwirakwiza ibinyoma ku mbuga zitandukanye, bitabanje gushishoza. Iti: “Dushingiye ku binyoma birimo gukwirakwizwa ku mbuga zitandukanye, turashaka gusaba ibinyamakuru bikorera mu Burundi gushishoza no gucukumbura mbere yo gutanga inkuru.”
Iremeza ko ibi binyamakuru bizafatirwa ibihano mu gihe bizaba bibaye ngombwa. Iti: “Bibaye ngombwa, ibihamo bizafatirwa abakomeza ibikorwa bitukisha igihugu n’umwuga wabo.”
Ntabwo iyi Minisiteri yagaragaje aba bagonze amahame y’umwuga cyangwa n’uburyo bayagonzemo. Gusa ariko, bishoboke ko yaganishaga ku makuru atandukanye ajyanye n’itabwa muri yombi rya Gen. Alain Guillaume Bunyoni amaze iminsi atangazwa, amwe y’ukuri, andi y’ibinyoma.
Urugero rw’inkuru y’ikinyoma yatangajwe kuri Bunyoni ni iy’uko Perezida Evariste Ndayishimiye yamwirukanye mu gipolisi cy’u Burundi. Iyi yanyomojwe na Minisiteri ishinzwe umutekano w’imbere, inafite mu nshingano zayo Polisi y’igihugu.
Ifoto: Minisitiri w’itumanaho, ikoranabuhanga n’itangazamakuru, Leocadie Ndacayisaba


