Imibereho ya Etincelles igeze ku rwego rwo kuba yasiba imikino ya shampiyona

Sangiza iyi nkuru

Umutoza w’ikipe ya Etincelles, Bizumuremyi Rajab, yatangaje ko abakinnyi be babayeho nabi ku buryo bageze ku rwego rwo gusiba imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu gihe nta nkurikizi mbi byabagiraho.

Ni amakuru agiye hanze nyuma y’aho iyi kipe itsinzwe na Sunrise FC yo mu ntara y’iburasirazuba ibitego 2 ku busa kuri uyu wa 22 Mata 2023.

Uyu mutoza yabwiye abanyamakuru ati: “Ni situation igoye, bari mu buzima bubi ku buryo, icyo twanga ni ibihano bya Fédération byo kutitabira umukino ariko ikipe ibayeho nabi cyane.”

Bizumuremyi yasobanuye ko akarere ka Rubavu kateraga iyi kipe inkunga kabihagaritse. Ati: “Umupira ni amafaranga, ubuyobozi bw’akarere busa nk’aho bwabivuyemo, ni we muterankunga twari dufite, kuva twatangira retour ntituzi iyo bari. No kurya ni ikibazo, reka guhembwa.”

Uyu mutoza yaherukaga gutabariza abakinnyi ba Etincelles muri Gashyantare 2023 ubwo yari imaze kunganya na A.S Kigali. Icyo gihe yavuze ko amezi yari agiye kugera kuri abiri badahembwa. Hari hashize iminsi isaba abakunzi bayo inkunga kugira ngo irusheho kwitwara neza muri shampiyona.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *