Muri Shampiyona yo mu Bwongereza, nta gikomeje kuvugisha benshi nk’umukino utegerejwe kuri uyu wa Gatatu, uretse umukino uzahuza ikipe ya Arsenal itozwa na Arteta na Manchester City itozwa na Guardiola .

N’ubwo hakibura imukino irenga itanu ngo Premier League iyi sezo(season), benshi bavuga ko uzagaragaza ubukaka bwa Arsenal niba isatira gutwara igikombe cyangwa niba igomba gutsikira bityo Manchester City ikaba yakwikomereza ikagitwira.
Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta yatangaje ko abakomeje kwishyiramo ko umukino uzayihuza na Manchester City atari igisobanuro cyo gutwara igikombe, ahubwo ngo icyo basabwa nukuwutsinda bagakomeza kuba yayoboye urutonde.
Imvano yo gutega Arsenal Guardiola , bishingirwa ku mukino uheruka wahuje aya makipe, aho Manchester City yatsinze Arsenal 3-1 imbere y’abafana bayo kuri stade ya Enmirates.
Arsenal irusha Manchester City amanota atanu, ikaba isabwa gutsinda imikino isigaje yose.Arteta ashimangira ko yose bagomba kuyitsinda kugirango batware igikombe naho ngo iby’umukino wo kuri uyu wagatatu ntabwo aricyo gisobanuro ntayegayezwa.


