Biravugwa ko abarwanyi ba FDLR aribo baherutse kwica abacunga Pariki ya Virunga

Sangiza iyi nkuru

Muri iki Cyumweru, nibwo hatangajwe amakuru y’Abakozi barinda Pariki ya Virunga bishwe ariko ntihahita hamenyekana ababishe.Abishwe ni abakozi 4 abandi babiri barakomereka bahita bajyanwa kwa muganga.

Nyuma yo kumenyekana kw’aya makuru, igikomeje kuvugwa cyahitanye aba barinzi,haratungwa agatoki inyeshyamba z’umutwe wa FDLR zibarizwa muri icyo gice abo bakozi bakoreramo.Iki igitero cyabaye kuri uyu wa 18 Gicurasi 2023 ahitwa Kivandya, muri Kivu y’amajyaruguru ho muri Teritwari ya Lubero.

Ikigo gishizwe kurengera urusobe rw’ ibinyabuzima ICCN cyatangaje ko imodoka z’ikikigo zagabweho ibitero hakaba hacyekwa ko ari umutwe w’abarwanyi ba FDRL aribo babyihishe inyuma.

Ubuyobozi bw’intara y’Amajyaruguru muri DRC, bwatangaje ko ubusanzwe iyi Pariki ya Virunga, yari ifite abakozi 10, ariko muri abo 4 barishwe abandi 6 barakomereka ariko bahise bajyanwa kwa muganga. Butangaza ko kandi abagabye kiriya gitero batwaye imbunda z’abashinzwe kurinda Pariki bishwe, bahita biruka.

ICCN yamaganiye kure iki gitero cyagabwe ku bakozi bacyo, gisaba ko hazabaho iperereza ryimbitse hakamenyekana impamvu y’ibyo bitero.

Si ubwa mbere, FDLR ivugwaho ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi, ko no mu minsi ishize yashinjwe kugira uruhare rw’inka zigera kuri 400 z’aborozi bo mu gace ka Masisi.Icyo gihe igisirikare cya Uganda cyatangaje ko ari FDLR.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *