Perezida Kagame mu bukwe bw’igikomangoma cya Jordanie

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari i Amman mu murwa mukuru wa Jordanie, aho bitabiriye ubukwe bw’igikomangoma Al Hussein bin Abdullah II wa kiriya gihugu.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Kamena ni bwo igikomangoma Abdullah II yarongoye Rajwa Al-Saif.

Ni ubukwe bwitabiriwe n’abayobozi batandukanye bo hirya no hino ku Isi.

Amashusho yagiye hanze agaragaza Perezida Kagame na Madamu we ndetse n’abandi batumirwa batandukanye bari mu muhango w’isinya wabereye mu ngoro ya Zahran.

Ni mbere y’undi muhango wo kwiyakira wabereye mu ngoro ya Al Husseiniya.

Igikomangoma Al Hussein bin Abdullah II w’imyaka 28 y’amavuko yarongoye Rajwa Al-Saif w’imyaka 29 y’amavuko, uyu akaba afite inkomoko mu bwami bwa Arabie Saoudite.

Usibye Perezida Kagame na Madamu we bitabiriye ubukwe bwabo, mu bandi banyacyubahiro babwitabiriye harimo Jil Biden usanzwe ari Madamu wa Perezida Joe Biden wa Amerika cyo kimwe n’igikomangoma William wa Wales wari kumwe n’umufasha we Kate.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *