Menya akandi kamaro ko kurya ubunyobwa bitari ukongera amasohoro gusa

Sangiza iyi nkuru

Hari igihe usanga hari abagabo batakwegera ameza, batabonyeho isupu y’ubunyobwa cyangwa se ubunyobwa bukaranze babanza gufata mu gihe bategereje amafunguro, ahanini ari uburyo bwo kugirango bakumire ikibazo cy’amasohoro macye.

Telegraph mu nkuru yanditse mu 2017, yatangaje ko mu bushakashatsi bwakozwe mu 2014 ku bagabo 100 bwasanze ko umugabo urya impeke zirindwi z’ubunyobwa ku munsi usanga byarabongereye ubwiza bw’intanga zabo.

Sibyo gusa kuko ubundi bushakashakashatsi bwakorewe muri Kaminuza ya Califonia mu 2012 bwagaragaje ko umugabo ufata amagarama 75 (gr) bimwengerera amahirwe y’ubuziranenge bw’intanga ze.

Uretse rero gutekereza ako kamaro gusa, ubunyobwa bufite akandi kamaro kenshi karimo kurinda indwara zishobora gutera diabete na Cancer.

Ubunyobwa kandi bugira amavuta, akaba ari amwe mu mavuta meza akomoka ku bimera kandi arinda indwara zitandukanye harimo iz’umutima nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi butandukanye.

Ubushakashatsi (Une étude Clinique), ku bantu bakunda kurya ubunyobwa ku buryo buhoraho, bwagaragaje ko bifasha mu gutuma amaraso atembera neza mu mubiri, ibyo bigafasha umutima gukora neza, bikanawurinda indwara zitandukanye.Ikindi n’uko ngo umugore urya 400 micrograms buri munsi mbere yo gusama bifasha umwana kuvuka ntiyibasirwe n’indwara z’ubwonko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *