Rubavu: Polisi yarashe mu cyico ‘umwuzukuru wa shitani’

Sangiza iyi nkuru

Polisi mu karere ka Rubavu yarashe mu cyico ukekwaho ubujura, ubwo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane yari amaze kwambura abantu.

Byabereye mu mudugudu wa Karukogo, mu kagari ka Rukoko ho mu murenge wa Rubavu; ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo.

Amakuru BWIZA yamenye ni uko uwarashwe ari umwe mu babarizwa mu itsinda rizwi nk’Abuzukuru ba Shitani basanzwe bakorera ibikorwa by’ubujura mu mujyi wa Gisenyi.

Amakuru avuga ko uwarashwe yari amaze gutega abantu abambura telefoni n’amafaranga, mbere yo kujya kunywera mu kabari k’ahazwi nko mu Byahi.

Kuri aka kabari ni ho Polisi yasanze uyu mujura bivugwa ko yari kumwe na bagenzi be babiri bahise bakizwa n’amaguru, we araraswa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise, yatangaje ko mbere y’uko uriya mujura araswa abo yari amaze gucucura ari bo bahaye inzego z’umutekano amakuru, zihita zimukurikirana.

Ati: “Amakuru ya mbere yatanzwe n’abagize ibibazo, abari hafi na bo bahise bihutira kubimenyesha inzego z’umutekano.”

Gitifu wa Rubavu yunzemo ko mu gukemura iki kibazo mu buryo burambye hashyizweho uburyo ku rwego rw’isibo bajya bicungira umutekano, asaba kugira ubufatanye kandi bagatangira amakuru ku gihe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *