Igihangange mu mikino njyarugamba ivanze mu irushanwa rya UFC (Ultimate Fighting Championship), Conor McGregor, arashinjwa kugerageza gusambanya ku ngufu umugore nyuma y’umukino wa Basketball wa NBA wabereye i Miami mu ntangiriro z’uku kwezi .
Ibaruwa yemewe igaragaza ibirego, yohererejwe McGregor kandi ikabonwa na BBC, ivuga ko iri hohotera rishingiye ku gitsina ryakorewe mu bwiherero bwo mu kigo kitwa Kaseya Center.
Umunyamategeko wa McGregor yagize ati: “Ibirego ni ibinyoma. Bwana McGregor ntazaterwa ubwoba.”
Polisi yo mu mujyi wa Miami yavuze ko iperereza ryatangiye.

Mu itangazo ryayo, UFC yavuze ko izi ibyo birego kandi ko irimo gukusanya amakuru arambuye.
Miami Heat yakiriye umukino wa nyuma wa NBA wayihuje na Denver Nuggets, yavuze ko irimo gukora iperereza ryuzuye.
Ku wa Gatanu, itariki ya 9 Kamena, umunyamategeko w’uyu mugore bivugwa ko yahohotewe, Ariel Mitchell, yatangaje ko umukiriya we yarebaga umukino wa kane mu mikino ya nyuma ya NBA mbere y’uko ibyamubayeho biba.

Mitchell yavuze ko uyu mugore yajyanywe mu bwiherero bw’abagabo n’abashinzwe umutekano bo muri NBA na Miami Heat mbere yo gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina na McGregor.
Ibaruwa y’ibirego ivuga ko uyu mugore yashoboye kwigobotora agasohoka muri ubwo bwiherero, ariko agasiga agasakoshi ke, bivugwa ko yasubijwe nyuma yo kwinginga abashinzwe umutekano.
Bivugwa ko abashinzwe umutekano ba NBA, ikipe ya Miami Heat ndetse n’ikibuga cyakiriye imikino muri rusange” bafashije kandi bagashyigikira” McGregor mu gutega no kwihererana uwahohotewe mu bwiherero.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, umunyamategeko Mitchell yavuze ko yabonye amashusho yerekana igice cy’ibyabaye bivugwa.
Raporo ya polisi ivuga ibyabaye yakozwe ku Cyumweru, itariki ya 11 Kamena, nk’uko Polisi y’Umujyi wa Miami yabitangarije BBC.
Umuvugizi w’ishami rya polisi ati: “Iri ni iperereza ryeruye ku buryo nta yandi makuru ashobora gutangazwa muri iki gihe”.

Kugaragara kwa McGregor mu mukino wa nyuma wa NBA kwavuzwe cyane nyuma y’uko iyi ndwanyi yigeze kuba iya mbere muri UFC ikomoka muri Irlande ikubise mascot (umuntu wahiswemo n’iyi kipe nk’ikimenyetso cyayo kandi uyitera amahirwe) wa Miami Heat muri half-time, mu buryo bugaragara ko yari arimo kwamamaza umuti ugabanya ububabare.

Ikinyamakuru Athletic cyatangaje ariko ko uyu muntu ukora nka mascot byamuviriyemo kujyanwa mu bitaro byaho kugira ngo avurwe.


