Korea ya Ruguru yongeye kugerageza ikindi gisasu cya kirimbuzi kirayipfubana

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mata 2017, ubwo hari hateganyijwe inama y’agashami ka Loni gashinze umutekano yiga kuri Korea ya Ruguru ikomeje kugerageza ibisasu, yo ntiyabikojejwe ahubwo yagerageje ikindi kirayipfubana.
Igisirikare cya Korea y’Epfo ni cyo cyatangaje aya makuru, kiti: “iryo geregeza ryapfubye ntabwo cyarenze umutaru”.
Ubuyobozi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika na bwo bwemeje aya makuru butangaza ko cyageragejwe ku isaha ya saa 5:33 z’igitondo, muri Seoul hari saa 4:33 PM zo ku wa Gatanu, batangaza kandi ko icyo gisasu kitabashije kurenga ubutaka bwa Korea ya Ruguru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma y’amasaha 3 Korea irashe icyo gisasu, Perezida Donald Trump wa USA, yagize ati: “Korea ya Ruguru yasuzuguye ibyo yasabwe n’Ubushinwa, ubwo bageragezaga igisasu cyapfubye kuri uyu munsi”.
Ibi bibaye mu gihe Ubushinwa buherutse gutangaza ko Korea ya Ruguru niyongera buzayifatira ibihano bijyanye n’ubukungu.
Bwatangaje ibyo kandi mu gihe na Amerika ikomeje kubusaba kuyifasha mu kibazo cya Korea ya Ruguru ikomeje kugerageza ibisasu.
Rex Tillerson, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika yasabye amahanga guhagurukira rimwe bakarwanya ibikorwa bya Korea ya Ruguru, yaba itisubiyeho igafatirwa ibihano bikakaye.
Ikinyamakuru Reuters dukesha iyi nkuru, gitangaza ko korea ya Ruguru nta kintu yari yatangaza kuri iri geregeza ry’igisasu cyapfubye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *