Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya iravuga ko abajenerali babiri ba Ukraine n’abandi basirikare bakuru ba Ukraine bagera muri 50 biciwe mu gitero cya missile muri Kramatorsk kuwa kabiri ushize nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya, RIA .
Ku ruhande rwabo, abayobozi ba Ukraine batangaje ko abantu 12 bishwe abandi 60 bagakomereka nyuma y’igitero cya missile cy’u Burusiya kuri resitora yari yuzuyemo abantu muri uyu mujyi.
Ubwo babazwaga iby’iki gitero, abayobozi b’u Burusiya bavuze ko bagabye igitero ku bipimo bya gisirikare gusa, batateye abasivili, bongeraho n’ibirindiro by’ubuyobozi bw’ingabo za Ukraine byarashweho.



One Response
U Burusiya burigamba guhitana abajenerali 2 ba Ukraine mu gitero muri Kramatorsk
Abo ba généraux bapfuye ni bande? Nibabavuge amazina niho twomenya koko ko bapfuye! Si non, ntibizoba arivyo!