Urubanza rwa Mwangachuchu: Ubushinjacyaha bukomeje kumushinja kuba Umunyarwanda

Sangiza iyi nkuru

Depite à‰douard Mwangachuchu, uri mu butabera, mu iburanisha ryo ku wa Gatanu ushize, yatanze inyandiko yo gupimwa covid yakoreye i Kigali na Gisenyi mu Rwanda. Abamwunganira, bavuga ko icyemezo “cy’umwimerere” cyatanzwe na Mwangachuchu, kigaragaza ko yigaragaje ku mupaka nk’Umunyekongo, kandi ko atari Umunyarwanda nk’uko ubushinjacyaha bukomeza bubivuga, bushaka kwerekana ko uyu mudepite yegereye u Rwanda .

“Icyemezo cyatanzwe n’ubushinjacyaha gitandukanye cyane n’icyemezo cy’umwimerere umukiriya wacu yabonye. Icyemezo twagaragaje ni umwimerere kandi ni ukuri uninjiye ku rubuga, icyemezo kirahari. Ibintu bikubiye mu nyandiko twerekanye mu by’ukuri…..kandi gitanga amakuru nyayo. Muri iki cyemezo, umukiriya wacu yerekanye ko ari Umunyekongo “, ibi byavuzwe n’uwunganira Mwangachuchu.

Ku ruhande rw’ubushinjacyaha, ngo inyandiko yatanzwe n’umuburanyi uregwa yakozwe “kubera impamvu ikenewe, kandi ibyo bishimangira kwivuguruza” kubera ko idafite code ya QR, ishobora gutuma urwego rw’ubuvuzi ruyigenzura nk’uko iyi nkuru dukesha Actualite.cd ivuga.

“Twerekanye iryo pimwa, twasanze mu bintu bye, uyu munsi aratwereka indi test. Kubeshya, kubeshya, iteka hazajya hasigara ikintu! Ariko iyi nyandiko yakweretse nta kode ya QR ifite, murayisesengura gute? Irimo ubwayo ibintu bidasobanutse kandi biteye impungenge. Bwana Perezida wa mbere, iyi nyandiko ni iy’impamvu ikenewe, ishimangira kwivuguruza. Inyandiko twerekanye twayisanze rwose mu bintu bye “, uyu ni umukozi w’ubushinjacyaha avuguruza uruhande rw’uregwa.

Ikibazo cy’ubwenegihugu gishobora uregwa ahamwa n’icyaha cy’ubutasi cyangwa ubugambanyi bwo ku rwego rwo hejuru nk’uko ubushinjacyaha buvuga, kubera ko ngo uregwa ari umudepite ku rwego rw’igihugu cya Congo. Iyi nkuru ariko yibutsa ko kugeza ubu nta pasiporo ya Mwangachuchu yerekana ko ari Umunyarwanda, hari pasiporo gusa zerekana ko ari Umunyekongo nk’uko abamwunganira bavuga.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ruburanisha Mwangachuchu rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa kuwa 04 Nyakanga hasuzumwa umwimerere w’izo nyandiko zombi zigaragaza ko yipimishije covid.

à‰douard Mwangachuchu na mugenzi we bareganwa bakekwaho kuba bafitanye isano n’inyeshyamba za M23. Bakurikiranyweho icyaha cyo kugambanira igihugu, gukorana n’umutwe witwaje intwaro, ubutasi no gutunga intwaro z’intambara mu buryo butemewe.

Ibi birego byatangiye nyuma y’ivumburwa ry’intwaro z’intambara mu rugo rwa Edouard Mwangachuchu i Kinshasa ndetse no mu nyubako za sosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ye, SMB, i Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *