Urukiko rwo muri Uganda rwategetse uwahoze akuriye Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu (ISO), Col Kaka Bagyenda n’abandi kwishyura asaga miliyoni 175 z’Amashilingi kubera amakosa yo gufunga binyuranyije n’amategeko n’ubundi bugizi bwa nabi .
Col. Bagyenda, Umushinjacyaha Mukuru (AG) n’abandi bantu 14 bahoze bakorera ISO bategetswe kwishyura indishyi umugabo bivugwa ko bafunze binyuranyije n’amategeko.
Umucamanza Musa Ssekaana wo mu Rukiko Rukuru, yategetse abashinja kwishyura miliyoni 100 z’Amashilingi nk’indishyi kubera guhonyora itegeko nshinga, iyicarubozo, ibikorwa bya kinyamanswa no gutesha agaciro uwitwa Musa Nsereko mu Karere ka Kalangala.
Urukiko kandi nk’uko tubikesha Daily Monitor, rwategetse ko Nsereko yishyurwa miliyoni 60 z’Amashilingi kuko yafunzwe binyuranyije n’amategeko mu gihe cy’amezi 17 uhereye muri Gicurasi 2018 kugeza muri Nzeri 2019.
Nk’uko urukiko rwabitangaje, ngo Col. Kaka agomba no kwishyura miliyoni 15 z’Amashilingi nk’igihano ndetse no gutanga urugero kandi ayo mafaranga azajya yunguka 15% y’inyungu uhereye igihe icyemezo cyafatiwe kugeza yishyuwe yose.
Umucamanza yanzuye ko iyicarubozo ritazigera ryemerwa mu buryo ubwo ari bwo bwose, nta busobanuro ubwo ari bwo bwose ryatangirwa kandi ribujijwe mu buryo bwose mu itegeko nshinga.
Umucamanza yasobanuye ko guta muri yombi bikorwa mu gihe hari impamvu zifatika zo gukekwaho icyaha, ariko ko gufunga umuntu iperereza rikomeje binyuranyije n’itegeko nshinga.
Mu kirego cye, Nsereko yari yasabye urukiko gutangaza ko iyicarubozo, guhutazwa n’ubugizi bwa nabi yakorewe n’abakozi ba ISO binyuranyije n’uburenganzira ahabwa n’itegeko nshinga no kurindwa iyicarubozo, ubugizi bwa nabi n’ibikorwa byo kumutesha agaciro nk’uko biteganwa mu ngingo ya 24 n’iya 44 z’Itegeko Nshinga rya Uganda.
Uyu ngo kandi yafungiwe muri ‘safe houses’ zo mu birindiro bya Kyegera 1 na 2 nyuma akoherezwa ku Kirwa cya Lwamayuba mu Karere ka Kalangala akahamara amezi 18 avuga ko byari binyuranyije n’uburenganzira ahabwa n’ingingo ya 23(2) y’Itegeko Nshinga rya Uganda.
Nsereko akaba yari yanasabye urukiko gusubizwa miliyoni zigera kuri 20 z’Amashilingi ngo yari afite ubwo yatabwaga muri yombi akaba yaratwawe n’abamufashe.


