Umutoza w’ikipe ya Man City, Pep Guardiola muri ino minsi ari gufatwa nk’umutoza udasanzwe haba ku mugabane w’u Burayi kubera ibikombe akomeje gutwara guhera mu myaka yashize, aho bamwe mu basesenguzi bakomeye mu bya ruhago bakaba bavuga ko ashobora no kuza imbere ku rutonde rw’abatoza 50 bakora akazi ka bo neza.
Nk’uko byagaragajwe ku rubuga rw’iyi kipe ashinzwe gutoza, umunya-Esipanye, Pep Guardiola wahoze anakinira ikipe y’igihugu ya Esipanye afatwa nk’umutoza w’indashyikirwa muri bino bihe bitewe n’ibikombe bigera kuri 6 amaze gutwara mu marushanwa atandukanye haba muri shampiyona ya Esipanye, Champions League ndetse n’imidari yagiye atwara mu marushanwa ku giti cye mu bijyanye n’iikino olimpike guhera mu 1992.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mutoza yagiye atorwa bwa mbere nk’umukinnyi ubanza mu kibuga ubwo yari akiri umuknnyi mu ikipe y’iwabo, aho avuga ko yatowe inshuro zigera kuri 47 kubera icyizere yabaga afitiwe.
Muri 2008, ni bwo yagizwe umutoza w’ikipe ya FC Barcelona, aho muri 2009 yahise atwara igikombe cy’irushanwa rya Champions leagues, iirushanwa rya Esipanye, igikombe kidasanzwe cya Esipanye, icya UEFA ndetse n’ibikombe cy’isi cy’ama-club, ibi bikaba na byo biza mu byatumye yandika amateka muri ruhago.
Muri 2011 na none, yaje kongera gutwara Champions league ndetse anatwara shampiyona yo mui Esipanye, naho muri 2012 asezera ku mirimo ye avuga ko ari ku mpamvu ze bwite.
Afatwa nk’umutoza udasanzwe mu rwego rw’isi, aho mu marushanwa agera kuri 19 yitabiriye ubwo yari umutoza wa Fc Barca, yatsinzemo agera kuri 14 yose.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Muri 2013, yagarutse mu kiboga, atoza Bayern Munich, aho yatwaye Shampiyona yo mu Budage, ya 2014, 2015 ndetse na 2016.
Ku itariki ya mbere Gashyantare 2016, nibwo yaje gusimbura Manuel Pellegrini ku butoza bw’ikipe ya Manchester City ku masezerano y’imyaka 3 yose.
Kugeza ubu ikipe ya Man City ikaba inakomeje kwitwara neza, aho mu mukino uheruka wabaye ku itariki ya 30 ukwezi gushize yanganyije na Middlesbrough 2-2, mu gihe hakitezwe umusaruro we kuri iyi kipe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


