I Niamey mu murwa mukuru wa Niger hari ubwoba bw’uko hashobora kuba Coup d’à‰tat, nyuma y’uko bamwe mu basirikare ba kiriya gihugu bagose ingoro y’umukuru wacyo.
Ni amakuru Ibiro Ntaramakuru ‘Reuters’ bivuga ko bikesha bamwe mu babarizwa mu nzego zishinzwe umutekano muri Niger.
Umunyamakuru w’ibi biro Ntaramakuru ukorera i Niamey, yatangaje ko yabonye imodoka za gisirikare zifunga amarembo y’injira muri Perezidansi.
Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano avuga ko kugera kuri za Minisiteri ziri hafi y’ingoro ya Perezida na byo kuri ubu bitemewe.
Hagati aho umwe mu bakozi ba Perezidansi yatangaje ko mu bayikoramo nta n’umwe wemerewe kugera mu biro bye, gusa ntibizwi niba Perezida Mohamed Bazoum yari mu ngoro ye ubwo yagotwaga n’abasirikare.


