Kigali: Ibindi binyabiziga birenga 250 byafatiwe mu mukwabu

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’Igihugu yafashe ibindi binyabiziga 258 birimo imodoka n’amapikipiki bitari bicanye amatara, nyuma y’umukwabu wakorewe mu mihanda itandukanye yo mu mujyi wa Kigali.

Ibyo binyabiziga byafashwe mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 15 no ku wa Gatatu tariki 16 Kanama, nyuma y’uko abapolisi bo mu Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda basanze bigenda bidacanye amatara nk’uko biteganywa n’amategeko.

Mu byafashwe nk’uko Polisi yabitangaje ibicishije ku rubuga rwayo, harimo moto 160 n’imodoka 98.

Ba nyirabyo bategekwa kwishyura amande kugira ngo babisubizwe.

Ibinyabiziga byafashwe byiyongera ku bindi birenga 200 byafashwe ku wa Mbere w’iki cyumweru, nyuma y’umukwabu waje ukurikira ubukangurambaga bwibutsaga abatwara ibinyabiziga kubahiriza amabwiriza arebana no gucana amatara ku binyabiziga.

Amatara magufi y’amapikipiki na velomoteri bigenda mu nzira nyabagendwa agomba gukoreshwa igihe cyose no mu buryo bwose, nk’uko Polisi ibivuga.

Polisi kandi ivuga ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange na zo zigomba gucana amatara y’imbere mu binyabiziga kuva ku isaha ya saa 6h00 z’umugoroba.

Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera yavuze ko izi ngamba zigenda zifatwa hagamijwe kunoza umutekano wo mu muhanda, no gutuma abantu bagenda mu binyabiziga batekanye.

CP Kabera yashimangiye ko abatubahiriza ziriya ngamba bazakomeza kubihanirwa.

CP Kabera yibukije abatwara bisi zitwara abantu mu buryo bwa rusange ko gucana amatara y’imbere mu modoka ari itegeko ku bw’umutekano w’abagenzi, kimwe n’andi matara y’urugendo igihe ikinyabiziga gikoresha umuhanda bwije.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *