Nibura abaterabwoba 23 ba Boko Haram bishwe kuri uyu wa Gatandatu ushize mu bikorwa byo kurwanya uyu mutwe muri leta ya Borno mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria.
Maj. Gen. Edward Buba, umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’itangazamakuru mu gisirikare, mu itangazo rye yavuze ko ingabo zikomeje ibikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba i Borno.
Buba yavuze ko abaterabwoba 23 bishwe ariko benshi bahavanye ibikomere nk’uko Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya, Anadolu Agency, dukesha iyi nkuru bibitangaza.
Yavuze kandi ko imbohe 41 zabohojwe, ndetse intwaro n’amasasu atari macye by’uyu mutwe w’iterabwoba byafashwe.
Nigeria imaze imyaka ihanganye n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu karere kayo ko mu majyaruguru y’uburasirazuba kuva mu 2009.
Nk’uko imibare ya leta ibigaragaza, mu myaka 14 ishize abantu barenga 100.000, barimo abasivili n’abashinzwe umutekano, biciwe muri ako karere kiganjemo ibikorwa by’iterabwoba.


