Urutonde rwa Coup d’état 7 zimaze kuba muri Afurika mu myaka 3 ishize

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatatu tariki ya 29 Kanama, Ali Bongo Ondimba wari Perezida wa Gabon yahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bayobowe na Général Brice Clotaire Oligui Nguema wari ukuriye umutwe w’abasirikare bashinzwe kumurinda.

Coup d’état yo muri Gabon yabaye nyuma y’ukwezi kumwe muri Niger na ho habaye ihirika ry’ubutegetsi bw’uwari Perezida w’icyo gihugu, Mohamed Bazoum.

Muri rusange kuva mu myaka itatu ishize, mu gice cy’uburengerazuba bwa Afurika hamaze kuba Coup d’état zirindwi.

Mali

Ibrahim Boubakar Keita [yarapfuye] wahoze ari Perezida wa Mali, yahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bari bayobowe na Colonel Bah Ndaw.

Uyu yategetse Mali kuva muri Nzeri 2020 kugeza muri Gicurasi 2021, mbere yo gusimburwa na Colonel Assimi Goà¯ta kugeza ubu ukiyoboye Mali by’agateganyo.

Byitezwe ko mu mwaka utaha wa 2024 ari bwo muri Mali hazaba amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Guinée-Conakry

Muri Nzeri 2021 ni bwo Prof Alpha Condé wari Perezida wa Guinée yahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bo mu mutwe wari ushinzwe kumurinda.

Alpha Condé w’imyaka 83 y’amavuko, yahise asimburwa ku butegetsi na Colonel Mamadi Doumbouya wari ukuriye bariya basirikare.

Cyo kimwe no muri Mali, Col Doumbouya yijeje abanya-Guinée ko mu mwaka utaha wa 2024 ari bwo bazatora Umukuru w’Igihugu cyabo.

Sudani

Coup d’état yo muri Sudani yabaye mu Ukwakira 2021, nyuma y’umwuka mubi wari hagati y’Igisirikare n’abasivile bari bayoboye igihugu nyuma y’ihirikwa ry’uwari Perezida, Omar El Bashir.

Umwuka mubi wake gutuma abasirikare bari bayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani, Gen Abdel Fattah al-Burhan bahirika ubutegetsi.

Kuva muri Mata uyu mwaka Sudani yugarijwe n’intambara yakuruwe n’umwuka mubi wadutse hagati ya Gen Al Burhan na Gen Mohamed Hamdan Daglo wahoze ari icyegera cye.

Burkina Faso

Mu mwaka ushize wa 2022 Burkina Faso yabayemo Coup d’état ebyiri za gisirikare.

Bigitangira uwari Perezida w’iki gihugu Roch Charles Christian Kaboré yahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bari bayobowe na Lt Col Paul-Henri Sandaogo.

Uyu muri Nzeri umwaka ushize yirukanwe ku butegetsi n’abasirikare, asimburwa na Capitaine Ibrahim Traoré ugomba kuyobora Burkina Faso kugeza muri Nyakanga umwaka utaha.

Niger

Ku itariki ya 26 Nyakanga, ni bwo Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa Niger yahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bo mu mutwe wari ushinzwe kumurinda.

Kuri ubu General Abdourahamane Tiani wari ukuriye abasirikare bashinzwe kurinda Bazoum ni we uyoboye Niger by’agateganyo.

Uyu musirikare na bagenzi be bifuza kuyobora Niger mu nzibacyuho itagomba kurenga imyaka itatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *