Algeria yemeye ko yarashe Abanya-Maroc bari bavogereye amazi yayo 2 bahasiga ubuzima

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki 3 Nzeri, Algeria yemeje ko abashinzwe umutekano ku nkombe barashe ba mukerarugendo batatu b’Abanya-Maroc binjiye mu mazi mu buryo butemewe n’amategeko, kuwa 29 Kanama, batwaye twa twato tugira umuvuduko udasanzwe twitwa jet skis babiri bahasiga ubuzima.

Abo Banya-Maroc babiri bafite n’ubwenegihugu bw’u Bufaransa barashwe ubwo binjiraga mu mazi ya Algeria ni Bilal Kissi na Abdelali Merchouer, bakaba bari bacumbitse muri hotel yo muri Maroc ahitwa Saidia.

Minisiteri y’ingabo ya Algeria mu itangazo ryayo yavuze ko umutwe w’abasirikare barinda inkombe watanze umuburo wumvikana kandi ubasaba inshuro nyinshi guhagarara, ariko banga kubyubahiriza.

Yavuze ko ishami rishinzwe kurinda inkombe ryahise rirasa, bituma umwe mu bari kuri Jet ski arahasigara, mu gihe abandi babiri bahunze nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Yongeyeho ko bukeye bwaho, umurambo w’umugabo utaramenyekanye wabonetse mu mazi ya Algeria, bituma umubare w’abahitanwe n’ibyabaye ugera kuri babiri.

Inama y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu muri Maroc yamaganye iraswa ry’abo Banya-Maroc babiri, ivuga ko ibyabaye ari ukurenga bikabije ku mategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu.

Algeria na Maroc ni abaturanyi bafitanye umubano utari mwiza wahindanyijwe n’akarere katavugwaho rumwe ka Sahara y’Uburengerazuba.

Muri Kanama 2021, Algeria yahagaritse umubano w’ububanyi n’amahanga na Maroc, ishinja Rabat kutayifuriza ineza, abategetsi ba Maroc ariko barabihakana.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Algeria yemeye ko yarashe Abanya-Maroc bari bavogereye amazi yayo 2 bahasiga ubuzima
    Hhhhhh ariko isi iransetsa ikanantangaza!!ngo uburenga-nzira mpuza-mahanga?none se muri Iraq-Siria-Libia cg mu Rwanda habaye Jrimbura-bwoko ryari rishyigiwe na ziriya ngunzu nta burenga-nzira bwa Muntu mpuza-mahanga bwariho?indyarya gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *