Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo arashidikanya ku mwimerere w’inyandiko ivuga ku makuru mashya ku iyicwa rya Cherub Okende, yitiriwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubutasi (ANR) yashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru JeuneAfrique. Nta guca ku ruhande, Patrick Muyaya yamaganye inyandiko avuga ko ari “ikinyoma rwose”, yasohowe hagamijwe “gutesha agaciro” imirimo y’iperereza rigikomeje.
Ati: “Muzi neza ko iyi raporo ari iya ANR? “, Yabajije ibi mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 04 Nzeri 2023.
Mu rwego rwo kugaragaza impamvu atemera iyi nyandiko, Minisitiri yavuze ko harimo amakosa , cyane cyane ko nta nyuguti “e” yanditse ku ijambo”sécurité intérieur ” ku mutwe wayo hagombye kwandikwa “sécurité intérieure “. Kuri Muyaya, ngo Jeune Afrique “yakoreshwejwe nkana mu gushaka kuyobya iperereza rikomeje “.
Umuvugizi wa guverinoma nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga, yatangaje ko minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu igomba gusaba ibinyamakuru Jeune Afrique na RFI gukosora ibyanditswe.
Nk’uko imyanzuro y’iyi raporo Kinshasa yamaganye Jeune Afrique ivuga ko yabashije kubona ibigaragaza, ngo Depite Chérubin Okende yapfuye azize “kubura umwuka” ari mu maboko y’abagize urwego rw’ubutasi bwa gisirikare. Umurambo w’uwahoze ari Minisitiri w’ubwikorezi ariko wabonetse ku itariki ya 13 Nyakanga ari mu modoka ye, nyuma y’amasaha make aburiwe irengero ufite ibikomere by’amasasu.


