Ishyaka rya Katumbi riramagana gahunda ya leta yo kwihutisha igenda rya MONUSCO

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka rya politiki “Ensemble pour la République” rya Moà¯se Katumbi ryamaganye gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha kuva muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kwa MONUSCO.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 5 Nzeri 2023, umunyamabanga mukuru w’ishyaka , Dieudonné Bolengetenge, yagaragaje ko niba guverinoma ishaka kwitwaza imyigaragambyo iherutse yamagana MONUSCO yo ku ya 30 Kanama, kugira ngo yemeze icyemezo cyayo gishya, hari ibyago ko bamwe bashinja leta kuba inyuma y’ibyabaye.

Iyi myigaragambyo yasabaga ko Ingabo za MONUSCO zava mu gihugu yo ku itariki 30 Kanama yiciwemo abaturage bagera kuri 56, nk’uko imibare ya leta ivuga, bishwe n’abasirikare ba FARDC.

Dieudonné Bolengetenge yerekanye ko ikibazo cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo atari ubu butumwa bwa Loni mbere yo gushimangira ko “ikibazo kiri ahandi” nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ivuga.

Ku bwe, ubu butumwa bwaje gufasha Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu buryo bumwe cyangwa ubundi, kuko iyo butabaho, ibibazo byinshi byakemurwa mu kajagari muri iki gihugu.
Ishyaka rya Moà¯se Katumbi rirasaba guverinoma guhumuriza abaturage ibagaragariza ko ifite mu biganza umutekano w’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *