Emmanuel Macron, perezida mushya w’u Bufaransa ari nawe ufashe uyu mwanya akiri muto mu mateka y’iki gihugu, kuri iki Cyumweru, itariki 14 Gicurasi yinjiye muri Champs Elysee ku mugaragaro, aho yageze abisikana n’uwo asimbuye Francois Hollande.

Ari kumwe n’umugore we, Brigitte Macron w’imyaka 64, Emmanuel Macron yifotoreje amafoto atandukanye ku miryango ya perezidansi (Champs Elysee) nyuma y’aho perezida ucyuye igihe, yari amaze gusohoka ngo amuhe umwanya akomeze kuyobora igihugu.
Mu ijambo rye nka perezida wa 25 w’u Bufaransa, Macron yijeje ko u Bufaransa bugiye kuvuka bushya, aho yasobanuye ko kuri ubu Isi n’u Burayi bikeneye u Bufaransa bukomeye kurusha ibindi bihe byabayeho, avuga ko manda ye agiye kuyikoresha asubiza Abafaransa kongera kwigirira icyizere.
Umugore we, Brigitte wamwigishije mu mashuri yisumbuye, yageze kuri perezidansi y’u Bufaransa mu bihe bitandukanye n’umugabo we yambaye neza cyane imyenda irimo ubururu busa nk’ijuru, mu gihe Macron yari mu ikoti ry’umukara ryiza bivugwa ko ryaguzwe amayero 380.

Iyi nkuru dukesha Dailymail, irakomeza ivuga ko nyuma y’icyumweru kimwe atsinze amatora, Macron yagiranye inama yihariye n’uwo asimbuye, Francois Hollande, akamuha imibare y’ibanga yo gukoresha intwaro za kirimbuzi z’u Bufaransa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mbere yo kuva muri perezidansi, Hollande yahawe amashyi n’abakozi ba perezidansi, ndetse afata mu kiganza cya Macron wahise nawe amuherekeza amugeza ku modoka ye ndetse nawe akamushimira.
Macron wahoze ari minisitiri w’ubukungu kuri leta ya Hollande ariko aza kwitandukanya na guverinoma ajya gushinga ishyaka yaciyemo yiyamamaza ryiswe En Marche! Muri Mata 2016.
Perezida mushya w’u Bufaransa rero ngo agiye guhangana n’ibibazo bitandukanye birimo ikibazo cy’ubushomeri buri ku rwego rwo hejuru, kurwanya ubugizi bwa nabi buturuka ku matwara ya kisilamu ndetse no kongera kunga Abafaransa ngo basaga nk’abacitsemo ibice muri iyi minsi.

Emmanuel Macron kandi agiye kuyobora igihugu, igihe u Bwongereza buzaba butakibarizwa muri E.U., kizaba ari cyo gihugu rukumbi muri uyu muryango gitunze intwaro kirimbuzi ndetse gifite umwanya uhoraho mu Kanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com








