Uganda: Abasirikare b’abavandimwe bivuganye umupolisi bakomeretsa abandi

Sangiza iyi nkuru

Umupolisi umwe yishwe abandi batatu barakomereka mu gihugu cya Uganda ubwo aba bageragezaga guhagarika abasirikare ba UPDF batatu bikarangira habayeho guhangana. Ibi bikaba byarabereye kuwa Gatanu ushize mu mujyi wa Bududa.

Igipolisi cya Uganda kikaba cyatangaje ko abo basirikare batatu ari, Pte Ben Tsama ukorera urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI) ahitwa Mbuya; James Waninga, wari mu kibari nyuma yo kuva muri Somalia muri AMISOM, na Andrew Shikaka bivugwa ko yatorotse igisirikare bose bakaba ari abahungu b’uwitwa James Wandeba.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuyobozi w’Igipolisi cyo mu Karere ka Bududa, Esther Adeke, yemeje aya makuru, avuga ko umupolisi wishwe ari Cpl Micheal Mubiita, wapfiriye ku bitaro azize kuva amaraso menshi. Bagenzi be bakomeretse nabo bakaba barajyanywe mu Bitaro bya Mbale.

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga ko aba bapolisi bari bagiye guta muri yombi aba basirikare nyuma yo kubashinja kuba mu nzu y’abandi ku ngufu iri mu mujyi wa Bududa bivugwa ko se yari arimo kurwanira.

Igipolisi kivuga ko igikorwa cyo kugerageza guta muri yombi abo basirikare cyaje kuvamo guhangana gukomeye nyuma y’aho abakekwa bakubitiye umwe mu bapolisi ferabeto mbere yo kumwambura imbunda. Ubwo undi mupolisi yahise arasa kuri abo basirikare akomeretsamo babiri ariko nabo bari bakomerekeje abapolisi. Aba bavandimwe b’abasirikare ngo bakaba bari binjiye muri iyo nzu ku ngufu nyuma y’aho urukiko rwari rwanzuriye ko inzu ari uy’uwitwa Juma Masanga.

Komanda wa polisi avuga ko yakiriye ikirego cy’uko abo basirikare binjiye mu nzu ye, akohereza abapolisi ngo bajye kureba icyo bari gukora muri iyo nzu banashaka kuvugana nabo, ariko ngo aba bahita batangira kurwanya abapolisi.

Imaran Muluga, ushinzwe umutekano mu karere, atangaza ko abashinzwe umutekano bataye muri yombi abantu bamwe ngo babafashe mu iperereza, yongeraho ko abo basirikare bacitse bagacikana amasasu kuri ubu barimo guhigwa n’itsinda kabuhariwe rya polisi rifatanyije n’igisirikare.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *