Amerika nayo yemeje ko igiye gukura ingabo zayo muri Niger

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeje ko zigiye gukura ingabo zayo muri Niger nyuma y’uko Ubufaransa butangaje ko bugiye kuhakura ingabo zabwo nk’uko byasabwe na Leta n’abaturage muri iki gihugu.

Ibi byagarutsweho na Lloyd Austin umunyamabanga wa Leta mu bya Gisirikare, aho yavuze ko harimo gukoreshwa inzira y’ibiganiro ngo impande zombi zumvikane uko iki gikorwa cyakorwa mu buryo buboneye.

Ni nyuma y’uko kuri iki Cyumweru Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko Ubufaransa bwiteguye gukura amabasederi n’abasirikare babwo muri Niger nyuma y’uko abahiritse Bazoum babisabye .

Ubufaransa busanzwe bufite abasirikare 1500 muri Niger boherejweyo mu rwego rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro igendera ku mahame akaze ya Kisilamu ,mu gihe Amerika yo yari ifiteyo abasirikare 1100.

Muri Nyakanga 2023, nibwo Mohamed Bazoum yahiritswe ku butegetsi bikozwe n’abo mu mutwe w’ingabo zamurindaga.Icyo gihe Ubufaransa bwokeje igitutu abafashe ubutegetsi ko bagomba gusubizaho uyu Bazoum byaba bidashyizwe mu bikorwa bakagabwaho igitero ariko ntacyo byatanze.

Iyi coup d’Ă©tat yaje ikurikira izabaye muri Mali na Burkina Faso nabwo icyo gihe Abafaransa basabwe kuvana akarenge muri ibyo bihugu nyuma y’uko bushinjwe gushyigikira abahiritswe ku butegetsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *