Perezida Uwayezu Jean Fidèle wa Rayon Sports, yemeje ko hari bamwe mu bantu bo muri iyi kipe bari mu mugambi wo kuyigambanira kugira ngo izasezererwe na Al Hilal Benghazi.
Uwayezu yemeje aya makuru mu gihe kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru bikomeje kuvugwa ko hari bamwe mu bahoze muri komite ya Rayon Sports bari kuvugana rwihishwa n’abayobozi ba Al Hilal, mu rwego rwo kugambanira Rayon Sports.
Amakuru avuga ko aba bantu bataramenyekana amazina bapanze na Al Benghazi y’uko igomba kubaha amafaranga yo guha bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports, kugira ngo bazitsindishe ubwo ku wa Gatandatu tariki ya 30 Nzeri amakipe yombi azaba yahuriye mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup.
Perezida wa Rayon Sports mu kiganiro 10 Sports cya Radio/TV10, yemeje ko mu kipe ayobora hasanzwe habamo abayigambanira ndetse bakanagambanira ubuyobozi bwayo kugira ngo idatwara ibikombe.
Yakomeje agira ati: “Niba umuntu hari utwo yabonaga tumufasha akaba atakitubona, utwo tuntu tubaho twinshi ku Isi tubaho.”
Ku byerekeye umukino wa Al Hilal Benghazi Rayon Sports ikomeje kwitegura, Uwayezu yemeye ko hari amakuru yabonye y’uko hari abantu bo muri iriya kipe bari mu biganiro n’iriya kipe yo muri Libya bagamije kubuza Murera intsinzi.
Ati: “Ayo makuru twarayakiriye, barayatubwiye, hari n’abo turimo kuvugana bashobora kuba baturusha ubushobozi kugira ngo badufashe kubikurikirana.”
Perezida wa Rayon Sports yavuze ko ariya makuru “ashobora kuba ari ukuri” kuko hari ubwo ikipe bazahura ishobora gukoresha uburyo bwose bushoboka kugira ngo ibone itsinzi.
Yavuze kandi ko hari abashobora kuba barijeje Al Hilal kuyifasha kugira ngo babone amaronko, cyangwa ariya makuru akaba yarakwirakwijwe n’abagamije guca igikuba muri Rayon Sports.
Uwayezu yavuze ko Rayon Sports nta bwoba itewe no kuba hari abashaka kuyigambanira; na cyane ko atari ubwa mbere ivuzwemo amakuru nk’ariya.


