Putin yavuganye n’uwari umuyobozi muri Wagner ushobora gusimbura Prigozhin

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yerekanwe ari mu nama n’umwe mu bahoze ari abayobozi bakuru b’ikigo cya Wagner ndetse bavugana uburyo imitwe y’abakorerabushake (abacanshuro) ishobora kurwanira muri Ukraine ariko Perezidansi (Kremlin) yavuze ko uyu mucanshuro kuri ubu akorera minisiteri y’ingabo.

Iyi nkuru dukesha Reuters iravuga ko iyi nama yashimangiye uburyo Kremlin yagerageje kwerekana ko ubu leta yamaze kwigarurira uyu mutwe w’abacanshuro nyuma y’imyivumbagatanyo yayobowe muri Kamena n’uwari umuyobozi mukuru wa Wagner, Yevgeny Prigozhin, waguye mu mpanuka y’indege muri Kanama.

Nk’uko ikinyamakuru Kommersant cyo mu Burusiya kibitangaza ngo nyuma y’iminsi mike nyuma yo kwigomeka kwa Wagner, Putin yahaye abacanshuro amahirwe yo gukomeza kurwana muri Ukraine ariko asaba ko komanda Andrei Troshev yasimbura Prigozhin.

Kremlin yavuze ko Putin yabonanye na Troshev uzwi ku izina ry’intambara rya “Sedoi” – cyangwa “musatsi w’imvi”, na Minisitiri w’ingabo wungirije Yunus-Bek Yevkurov, wari wicaye hafi ya Putin, mu ijoro ryo ku wa Kane.

Avuga kuri Troshev, Putin yavuze ko bavuganye uburyo “imitwe y’abakorerabushake ishobora gukora imirimo itandukanye yo kurwana, cyane cyane, mu karere k’ibikorwa bidasanzwe bya gisirikare.”

Putin ati: “Wowe ubwawe umaze umwaka urenga urwana mu mutwe nk’uyu” “Uzi icyo ari cyo, uko bikorwa, uzi ibibazo bigomba gukemurwa hakiri kare kugira ngo imirimo yo kurwana igende neza…”

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, yatangarije ibiro ntaramakuru RIA ko Troshev ubu akora muri minisiteri y’ingabo.

Troshev wamamaye cyane mu ntambara z’u Burusiya muri Afghanistan na Chechnya, akomoka i St Petersburg, umujyi Putin avukamo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *