Urujijo: Ese Capt Evariste Nkuyehasi urinda Gen Niyombare yarishwe cyangwa ni muzima?

Sangiza iyi nkuru

Mu mpera z’ukwezi gushize nibwo inkuru zatangajwe mu binyamakuru bitandukanye ko Capt Evariste Nkuyehasi, warindaga Gen Niyombare Godefroid yishwe arashwe, ubu amakuru akomeje gucicikana ni uko yaba akiri ku isi y’abazima.

Amakuru atangazwa bwa mbere i Burundi yanyujijwe ku kinyamakuru Ikiriho, bivugwa ko cyaba gikorana na Leta y’i Burundi, ko yarashwe ari ku wa Gatatu taliki ya 26 Mata 2017, umurambo we ubonwa muri Congo, ko yashinjwaga guca inyuma agakorana n’inzego z’iperereza z’igihugu cy’u Burundi sebuja Niyombare arwanya.

Ubu ibinyamakuru by’i Burundi byanditse iyi nkuru bikaba byatangiye kuyibeshyuza ko Evariste akiri muzima, ndetse ko nta gicurane cyangwa umutwe ataka, ko ibi byemezwa n’abo mu muryango we.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Radiyo Inzamba y’i Burundi, ivuga ko inkuru kita iy’ikinyoma y’iyicwa rya Capitaine Evariste Nkuyehasi ushinzwe kurinda umutekano wa Gén.Godefroid Niyombare, yaba yarahimbwe n’ubutegetsi bw’i Burundi, ikinyamakuru Ikiriho cyayitangaje mbere ubusanzwe bivugwa ko ari icya Leta.

Iki kinyamakuru kandi gitangaza ko atari ubwa mbere Leta y’i Burundi ibeshya, kuko yabeshye ko Gén. Niyombare yishwe n’ingabo z’i Burundi umurambo we ukajugunywa mu kiyaga cya Tanganyika!

Bitangazwa ko Capitaine Evariste Nkuyehasi, yarindaga Gen Niyombare na mbere akiri umuyobozi mu ngabo z’u Burundi, atarashwana na Leta ubwo yageragezaga kudeta igapfuba ku wa 13 Gicurasi 2015, naho ahungiye ngo barajyana.

Soma inkuru bifitanye isano,

Mu kiganiro Gen Niyombare aherutse kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique, ntabwo yigeze agira icyo avuga ku rupfu rw’uyu musirikare umurinda, ngo yemeze urupfu rwe cyangwa abihakane dore ko aribwo bwa mbere Niyombare yari aganiriye n’ikinyamakuru runaka kuva yahunga, bamwe bari bazi ko yapfuye.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *