Guverinoma ya Somalia yavuze ko yahitanye abaterabwoba ba al-Shabaab 1,650 ikomeretsa abandi barenga 550 mu mezi abiri ashize mu bikorwa byinshi bya gisirikare byakorewe mu turere two mu majyepfo yo hagati.
Nk’uko inyandiko zashyizwe ahagaragara n’Ibiro Ntaramakuru bya Somalia (SONNA) zibitangaza ngo nibura abaterabwoba bo mu rwego rwo hejuru 19 bari mu baguye mu bikorwa bya gisirikare biherutse kubera muri iki gihugu cyo mu ihembe rya Afurika.
Ni umubare munini w’abantu ba al-Shabaab bishwe watangajwe kuva ibikorwa bya gisirikare byibasiye uyu mutwe bitangiye mu mpera z’umwaka ushize.
Iri tangazo rije nyuma y’umunsi umwe Ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro za Afurika Yunze Ubumwe (ATMIS) ingabo z’u Burundi na Uganda zagabye igitero cya gisirikare hamwe n’ingabo za Somalia, gihitana abaterabwoba benshi ba al-Shabaab.


