Minisitiri w’Ubutabera mu Burundi, Domine Banyankimbona, yaruciye ararumira ubwo yabazwaga ku cyo Minisiteri ayoboye iri gukora ku burwayi bw’umunyamakuru Floriane Irangabiye.
Irangabiye wahoze aba mu Rwanda aho yari yarahungiye, yakatiwe imyaka 10 y’igifungo n’ubutabera bw’u Burundi
Ni nyuma yo kumuta muri yombi muri Kanama 2022 ubwo yageraga i Bujumbura agiye gusura umuryango we.
Amakuru avuga ko uyu munyamakurukazi uri mu bashinze Radiyo yitwa Igicaniro ndetse akaba anemezwa n’umuryango we, avuga ko ubuzima bwe buri mu kaga kubera indwara ya Asima amaze igihe arwaye.
Muri Nyakanga uyu mwaka umuryango wa Irangabiye wamutabarizaga uvuga ko akeneye kwitabwaho mu buryo bwihariye.
Minisitiri Banyankimbona kuri uyu wa Gatanu ubwo we n’abaminisitiri bagenzi be bo muri Guverinoma y’u Burundi baganiraga n’itangazamakuru, yabajije uko ubuzima bw’uriya munyamakuru bwifashe asubiza ibitajyanye.
Ati: “Hari imfungwa ziba zishaka gutegeka aho zivurirwa, kandi muri gereza haba hari abazivura.”
Yakomeje agira ati: “Imfungwa zari zikwiye kwibuka ko ziri muri za gereza kubera ko hari ibyaha zikurikiranweho. Ababakurikirana iyo babonye ko ari ngombwa ko imfungwa ijyanwa ahandi barabivuga, kandi bajyanwayo.”
Minisitiri w’Ubutabera w’u Burundi yavuze ibi mu gihe hari amakuru avuga ko hari imfungwa zimwe muri iki gihugu zitoroherezwa gusohoka muri gereza ngo zijye kwivuriza ahandi, kubera ibyaha byatumye zifungwa.
Bivugwa ko hari n’imfungwa zipfa ku bwo kubura uko zajya kwivuza.
Minisitiri Banyankimbona yanabajijwe ugomba kubazwa ubuzima be’abapfa, gusa araruca ararumira.


