Amakuru yemezwa n’abayobozi bakuru ba M23, aravuga ko kuri uyu wa Mbere uyu mutwe waramukiye mu mirwano ikomeye iri kuwusakiranya n’Ingabo za Congo n’abo bakorana, barimo imitwe yitwaje intwaro n’abacancuro.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, aravuga ko imirwano y’impande zombi iri kubera i Tongo ho muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma y’uko uruhande rw’Ingabo za Leta ya Congo rutangiye kurasa za bombe mu duce turimo n’udutuwe n’abaturage.
Yagize ati: “Muri gahunda yayo yo gutuma abasivile benshi bahohiterwa no guharanira ko habaho ubwicanyi, FARDC n’abafatanyabikorwa bayo bakomeje gukaza umurego barasa ibisasu bidasobanutse ku mazu y’abasivili mu mujyi wa Tongo guhera saa kumi nimwe za mugitondo muri iki gitondo.”
Yunzemo ko “M23 irimo kurwana no gucecekesha izo ntwaro.”
Yaba BĂ©njamin Mbonimpa usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa M23, Major Willy Ngoma uvugira uyu mutwe mu bya gisirikare ndetse na Lawrence Kanyuka uwuvugira mu bya Politiki bose bemeje amakuru y’iyi mirwano.
Kuva ku wa Gatatu w’icyumweru gishize nta gahenge impande zombi ziratanga.
Kuri iki Cyumweru imirwano ikomeye yumvikanye mu duce dutandukanye twa za Teritwari zirimo Rutshuru, Masisi na Nyiragongo.
Hari amakuru avuga ko hari tumwe mu duce Ingabo za RDC zafashe, gusa Kanyuka avuga ko “bitandukanye n’ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga, M23 iracyagenzura ibirindiro byayo byose.”
Agace bivugwa ko kabereyemo imirwano ikaze harimo umujyi wa Kitshanga M23 yambuye FARDC Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.
Ku Cyumweru Igisirikare cya Congo gifatanyije n’imitwe nka FDLR, Nyatura, Wazalendo n’abacancuro bagabye ibitero bigamije kwisubiza uyu mujyi uherereye muri Teritwari ya Masisi, gusa kugeza kuri uyu wa Mbere uyu mujyi wari ukigenzurwa na M23.



2 Responses
FARDC na M23 mu mirwano ikaze i Tongo
Ntabwo watera Leta yemewe ngo ugire amahoro,niba irikwivanga naturagese irumva barayirobanuramo gute? Nyine abaturage barabigenderamo, nibizunwe nive mubaturage ije guhangana.
FARDC na M23 mu mirwano ikaze i Tongo
naho bigeze?