Lt Gen Tshiwewe yahaye gasopo Gen Numbi uheruka guteguza Tshisekedi ko ashobora kuvanwa ku butegetsi

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt Gen Christian Tshiwewe Songesa, yahaye gasopo Gen John Numbi wahoze ayobora Polisi ya kiriya gihugu nyuma yo kuburira Perezida Tshisekedi ko ashobora kwamburwa ubutegetsi nk’uko yabuhawe.

Numbi usanzwe ari umwizerwa wa Joseph Kabila wahoze ayobora RDC, kuva muri 2021 aba mu buhungiro. Amakuru avuga ko yaba yarahungiye i Harare muri Zimbabwe.

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze igihe imuhigisha uruhindu, kubera uruhare akekwaho kugira mu rupfu rw’impirimbanyi Floribert Chebeya.

Ku wa Gatandatu tariki ya 7 Ukwakira mu ijambo yagejeje Ku banye-Congo, yashinje Tshisekedi kutubahiriza ibyo yumvikanye n’uruhande rwa Kabila rwamushyize ku butegetsi ahubwo agahitamo “gusenya igihugu.”

Yavuze ko “ubutegetsi bwa FĂ©lix Tshisekedi bwaranzwe n’imico ndetse n’ibikorwa bibi”, by’umwihariko “ruswa ishingiye ku nzego, itonesha rikabije, gusahura umutungo w’igihugu, ubwicanyi bushingiye kuri Politiki ndetse no gukorera ibyaha bya Leta muri Katanga no mu burasirazuba bw’igihugu.”

Yunzemo ko kuri ubu Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’inzego z’umutekano z’iki gihugu “zaciwe intege n’itonesha”, ikindi RDC ikaba ikomeje kurangwamo ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu.

Ku bwa Gen Numbi, “Tshisekedi yatakaje ubuzimagatozi bwose ubwo yihakanaga amasezerano yamwemereye kugera ku butegetsi. Uyu munsi Tshisekedi ameze nk’umuntu w’injiji ukinira n’umuriro mu bubiko bw’amasasu.”

Uyu mugabo yanakomoje ku matora ateganyijwe muri RDC mu Ukuboza uyu mwaka, avuga ko icyo Tshisekedi uzayiyamamazamo ashyize imbere ari ugushora Congo mu mvururu.

Yaboneyeho kumuburira ko mu gihe yaba yibeshye akaziteza bishobora kuzamugwa nabi.

Yagize ati: “Uko twamuhaye ubutegetsi ni ko dufite ubushobozi bwo kubumwambura.”

Yunzemo ati: “[Tshisekedi agomba kuvanamo ake karenge ku bw’inyungu z’igihugu. Nakomeza gutsimbarara, agakomeza guhonyora no kuniga abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ndamumenyeshe ko uwakoze igikoko ari we wenyine ushobora no kugisenya.”

Gen John Numbi by’umwihariko yahamagariye Igisirikare cya RDC ndetse na Polisi y’iki gihugu “kutumvira ikibi”, mu rwego rwo guhangana n’akaga katewe na Tshisekedi.

Gen Tshiwewe kuri uyu wa Mbere ubwo yagezaga ijambo ku ngabo za FARDC zari ziteraniye mu kigo cya gisirikare cyitiriwe lieutenant-colonel Kokolo, yahaye gasopo Gen Numbi; amusaba ko niba afite agatuza yaza akarwana.

Ati: “Ntugomba kuzana ba jenerali [ba FARDC] mu buswa bwawe. Niba ukeneye kurwana, waza ukadusanga hano ku kibuga. Niba uri umugabo ngwino, turi tayari. Ntugomba kuza kudutera ubwoba kuko wabanye natwe hano. Ese ni iki wakoze?.”

Tshiwewe yibukije Numbi ko FARDC ifite Umugaba w’Ikirenga umwe rukumbi, ari we Tshisekedi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *