FARDC irashinjwa kugaba igitero ku ngabo za EAC

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 washinje Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imitwe bakorana ndetse n’abacancuro kugaba igitero ku ngabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zoherejwe kugarura amahoro muri Congo (EACRF).

Amakuru avuga ko izi ngabo zo muri Uganda zagabweho iki gitero kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Ukwakira, ubwo imodoka enye zarimo zagwaga mu gico cy’inyeshyamba Leta ya Congo yise Wazalendo ziyifasha mu mirwano na M23.

Byabereye ahitwa Rukoro, mu bilometero bibarirwa muri bitanu uvuye mu mujyi wa Rutshuru.

Umuvugizi wa M23 [ishami rya Politiki], Lawrence Kanyuka, yavuze ko bamagana bivuye inyuma kiriya gitero “cyagabwe ku modoka za EACRF i Rukoro, bikozwe n’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa FARDC, FDLR, abacancuro, inyeshyamba [za Wazalendo] na FDNB (Ingabo z’u Burundi).”

Kugeza ubu ntiharamenyekana niba hari abasirikare ba Uganda baba biciwe muri kiriya gitero; ndetse nta n’icyo EAC cyangwa Leta ya Congo baragitangazaho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa M23, Bénjamin Mbonimpa, yibukije cyakora ko izi ngabo zagabweho igitero nyuma y’amasaha 48 zitegujwe kuraswaho nyuma y’uko imitwe ya Wazalendo izishinje gukorana n’uriya mutwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *