Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yaburijemo ibikorwa bikomeye by’ubujura bwa toni zirenga 1.000 z’imbuto n’inyongeramusaruro. Ibicuruzwa bya magendu byafashwe byagurishwaga mu ntara cyangwa bikajyanwa ahantu hatandukanye.
Bimwe muri ibi byari bimaze koherezwa mu bihugu by’ibituranyi, bitera impungenge ku bijyanye n’urwego ubu bucuruzi butemewe bugezeho.
Umuyobozi w’igipolisi mu karere ACP Innocent Rutagarama Kanyamihigo aganira n’abaturage bo mu Murenge wa Rukara, mu Karere ka Kayonza, mu Ntara y’Iburasirazuba, yagize ati: “Kuki mugurisha imbuto n’ifumbire? Guverinoma iguha imbuto n’ifumbire kugirango wongere umusaruro.
Kuki ubigurisha? Twafashe toni zirenga 1.000 z’imbuto n’ifumbire mu bice bitandukanye by’intara, muri bo (abafashwe)harimo Umunyatanzaniya twafatiye muri Ngoma atwaye magendu y’imbuto muri Tanzaniya. Ntabwo aribyo. Turahamagarira buri wese gukoresha neza ifumbire no kuduha amakuru ku bikorwa bibi nk’ibi. ”
Kugurisha ifumbire mu buryo butemewe n’amategeko byagize ingaruka ku buhinzi bwa bamwe mu baturage ba Rukara.
Anastase Twahirwa akodesha ubutaka bwo guhingaho imyaka buri gihembwe mu mirenge ya Rukara; iki gihembwe, 2022/23, afite impungenge ko umusaruro we uzagabanuka kubera kubura ifumbire.
Yagize ati: “Umuhinzi ubona ifumbire agomba kuba afite icyangombwa cy’ubutaka; ba nyir’ubutaka ni bo batugurisha ifumbire, bitandukanye na mbere igihe twaguraga ifumbire n’abacuruzi ibikomoka ku buhunzi. Umufuka w’imbuto waguraga amafaranga 1.500 ubu ni 4000, kandi ifumbire nayo yarazamutse mu giciro. ”
Ati: “Byahindutse ubucuruzi ku bafite ibyangombwa by’ubutaka. Naganiriye n’umuntu wambwiye ko afite ibiro 900 by’ifumbire n’imbuto kandi ko yiteguye kungurisha ifumbire mu gihe cy’ihinga”.
Ikibazo cyo guhunika imbuto n’ifumbire bigurishwa mu buryo butemewe ntabwo bigira ingaruka ku bahinzi bo muri Kayonza gusa ahubwo no ku baturage bo mu Karere ka Ngoma, bagaragaza ko hakenewe amategeko akomeye no kugenzura mu kurengera inyungu z’abahinzi.


