Abarundi 300 bahungiye muri Botswana bagafungwa bagiye gucyurwa ku gahato

Sangiza iyi nkuru

Abarundi basaga 300 bagiye kumara imyaka ibiri muri gereza za polisi zo mu gihugu cya Botswana, bafite impungenge z’uko bagiye gucyurwa ku gahato mu Burundi barahavuye bahunze.

Aba Barundi biganjemo abagabo, abagore n’abana ngo bagiye bahungiye muri Botswana, basaba ubuhunzi muri icyo gihugu ariko nta numwe wahawe ibyangombwa by’ubuhunzi ahubwo barafunzwe.

Ati: “Nageze muri Botswana 2014, nyuma yo kubazwa amakuru baramfunze, hano hari n’abagore n’abana” ibitangazwa n’umwe muri abo Barundi mu kiganiro yagiranye na Radiyo RPA dukesha iyi nkuru.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

“Mbere twari dufite ikizere cyo kuzajyanwa mu nkambi y’impunzi ariko abayobozi bo muri Botswana bavuze ko barimo gushaka uburyo bwo kuducyura mu Burundi”.

Uyu yakomeje avuga ko abafashwe bagafungwa bagiye bashaka ba avoka bakababuranira, ubashije gutsinda akajyanwa mu nkambi, utsinzwe ubu akaba azagarurwa mu Burundi.

Aba barundi badashaka kugaruka mu gihugu cyabo bakaba barandikiye imiryango mpuzamahanga bayisaba kubakorera ubuvugizi ngo Leta ya Botswana yubahirize uburenganzira bw’impunzi.

Leta ya Botswana ifunze 300 b’Abarundi ndetse n’abakongomani basaga 200 nabo yafashe.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *