Umunyamakuru Floriane Irangabiye yimuriwe muri gereza ya Bubanza ahagana mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Bujumbura. Ni nyuma y’uko bisabwe n’abamwunganira mu mategeko.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki ya 29 Ukwakira ni bwo yavuye muri gereza ya Muyinga ari kumwe n’itsinda ry’abagororwa bagenzi be. Uyu munyamakuru yari afungiye muri iyi gereza iri mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bw’Uburundi kuva ku ya 3 Ukwakira 2022. Yari yazanywe i Muyinga avuye muri gereza nkuru ya Mpimba i Bujumbura aherekejwe n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza.
Nk’uko abari hafi ya Floriane Irangabiye babitangaza, mbere y’uko ajyanwa muri Gereza ya Bubanza yabanje kurara ijoro rimwe muri gereza ya Mpimba (Transit) abona kwimurwa.
Yajyanywe i Bubanza nyuma y’uko ubwunganizi n’umuryango we bagaragaje imbogamizi ko afite uburwayi bwa Asima butuma agomba kwitabwaho. Izi mbogamizi zigaragaza ko yari afungiye kure kuburyo kubona amafaranga y’urugendo yabagoraga kugirango bamugereho.
Ikindi kandi ngo n’uko aho yari afungiye bigoye kubona imiti no kwitabwaho nk’uko byakabaye bimugendekera mu gihe yaba yimuriwe hafi n’umujyi wa Bujumbura.Kuba yimuwe rero ngo bikaba ari igisubizo kiza kuriwe n’umuryango we.
Ubwunganizi bwa Floriane Irangabiye bugira buti: “Twagiye kumureba, ntabwo turi abaganga ariko biragaragara ko akora neza, ni byiza ugereranije na gereza ya Muyinga. Ikirere cyarahindutse, gereza ya Bubanza iri mu kibaya cya Imbo, mu burengerazuba bw’Uburundi.
Abunnganizi be bamusuye muri gereza ya Bubanza ngo Floriane yababwiye ko abashinzwe gereza ya Bubanza bamwakiriye neza. Bamubwiye ko uburenganzira bwe, nk’imfungwa, buzubahirizwa kimwe n’ubw’abandi bafunzwe. ”
Irangabiye yafashwe muri Kanama 2022, afatwa n’inzego z’ubutasi z’u Burundi. Yamaze iminsi umunani bitazwi aho aherereye mbere yo kugezwa mu butabera.
Muri Mutarama 2023, Umunyamakuru Irangabiye yari yakatiwe imyaka 10 ariko ntiyanyurwa n’umwanzura w’urukiko rwamukatiye ajurira mu Rukiko rw’Ubujurire.
Nubwo imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu nka Amnesty International na Human Rights Watch yasabye Leta kurekura, Irangabiye yakomeje kugaragaza ko urukiko rukwiye kumuhanaguraho ibyaha rumushinja ariko ubwo hatangazwaga icyemezo cy’urukiko, umucamanza mu Rukiko rw’Ubujurire yemeje ko igifungo cy’imyaka 10 yakatiwe ko kidahindutse.
Irangabiye Floriane, ibyaha ashinjwa bivugwa ko yabikoreye kuri Radiyo Igicaniro ikorera mu buhungiro. Ashinjwa guhungabanya umutekano w’Igihugu no gukorana n’imitwe irwanya Leta.à ‚



One Response
Burundi:Impinduka ku buzima bw’umunyamakuru irangabiye wimuriwe mu yindi gereza
Uwaba afite no yabo mumuryango wa Irangabiye Floriane ufungiye I Burundi akaba arwaye Asima, mfite umuntu uyivura igakira burundu akoresheje imiti ya minyarwanda. Uwanshaka yambona kuri 0788729136.