Amerika ku mwanya wa mbere mu bihugu 10 bibamo gufata ku ngufu gukabije

Sangiza iyi nkuru

Mu bihugu 10 bya mbere ku isi birangwamo ibyaha byo gufata ku ngufu, ibigera kuri bitandatu byose ni ibihugu biri mu rwego rw’ibihugu byateye imbere nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Sweden, u Bufaransa, Canada, u Bwongereza ndetse n’u Budage.

1.Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nicyo kiza ku mwanya wa mbere mu birangwamo gusambanya ku ngufu abantu aho 99% by’abakora ibi ari abagabo. 91% by’abafatwa ku ngufu kandi usanga ari abagore mu gihe abagabo bafatwa ku ngufu ari 9%. Nk’uko byagaragajwe mu bushakashatsi ku ihohoterwa rikorerwa abagore, abagore 1 kuri 6 ndetse n’umugabo 1 kuri 33 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baba barafashwe ku ngufu cyangwa harabayeho kugerageza kubafata ku ngufu. Naho abarenga ¼ cy’abagore biga muri kaminuza bavuga ko bigeze gufatwa ku ngufu cyangwa hakabaho kugerageza kubafata ku ngufu kuva bafite imyaka 14. Muri aba bose kandi, ngo 16% by’ibi bibazo nibyo bijya hanze gusa kuko gufatwa ku ngufu kwinshi kubera mu ngo bigahera mu ngo.
Protest against rape in USA
2. South Africa

Igihugu cya Afurika y’Epfo kiza ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde, aho ibirego 65,000 byo gufatwa ku ngufu n’irindi hohotera rishingiye ku gitsina byagaragajwe mu 2012 gusa. Ibibazo byo gufata ku ngufu ngo bikunze kumvikana muri iki gihugu bikaba byaratumye gifatwa nk’umurwa mukuru w’isi wo gufata ku ngufu (rape capital of the world) nk’uko Wonderlist dukesha uru rutonde ikomeza ivuga.
South Africans call Stop rape

Ngo byibuze umugore umwe muri batatu mu 4,000 bakoreweho ubushakashatsi bavuze ko bafashwe ku ngufu mu mwaka wari wabanje. Naho abagabo basaga 25% babajijwe bemeye ko bafashe ku ngufu, ndetse hafi kimwe cya kabiri cyabo cyemera ko cyafashe ku ngufu umuntu urenze umwe. Batatu muri bane muri aba bafashe kun fu kandi nabo bavuga ko bafashe ku ngufu bwa mbere bakiri ingimbi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

3.Sweden

Muri Sweden naho havugwa ingeso yo gufata ku ngufu ku rwego rwo hejuru ku isi, aho umugore umwe muri bane aba yarafashwe ku ngufu. Mu 2010, Igipolisi cya Sweden cyakiriye ibirego byinshi kuri iki cyaha bingana n’ibirego 63 ku baturage 100,000. Iki gihugu kiza ku mwanya wa gatatu mu birangwamo gufata ku ngufu gukabije, mu 2009 cyari gifite ibibazo 15,700 byo gufatwa ku ngufu, aho uyu mubare wazamutseho 8% ugereranyije no mu mwaka wa 2008, ahari habaruwe ibirego 5,940. Ni mu gihe kandi muri Mata 2009 hatangajwe ko ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina muri Sweden byazamutseho 58% mu myaka 10 yari yabanje.
Protest against rape in sweden

4. U Buhinde

Mu gihugu cy’u Buhinde ngo ni ahantu gufata ku ngufu bigenda bifata intera uko bukeye n’uko bwije ndetse ngo iki kikaba ari kimwe mu byaha bikunze gukorerwa abagore kurusha ibindi. Ibiro by’igihugu bishinzwe kubika ibyaha bivuga ko mu 2012 hagarageye ibirego 24,923 byo gufatwa ku ngufu, ariko abahanga bakemeza ko umubare w’ibi byaha biba bitatangajwe watuma iyi mibare irushaho kuzamuka. Bivugwa ko ibyaha 24,470 muri ibi byabaga byakozwe n’ababyeyi, abo mu muryango, abaturanyi cyangwa abandi.
Indian Ladies Against Rape demonstration

5.U Bwongereza

Abantu benshi bifuza kuba cyangwa gusura u Bwongereza nka kimwe mu bihugu biteye imbere, ariko aba na none bashobora kuba batazi ko iki gihugu kiri mu bihugu biza imbere mu birangwamo ibyaha byo gufata ku ngufu kwa hato na hato. Nko muri Mutarama 2013, minisiteri y’ubutabera, ibiro bishinzwe bishinzwe ibarurishamibare byashyize ahagaragara imibare ya mbere ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, hagaragazwa ko abagore babarirwa mu 85,000 mu Bwongereza bafatwa ku ngufu buri mwaka. Naho ngo umugore umwe muri batanu bari hagati y’imyaka 16 na 59 yagiye ahura n’ibibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuva afite imyaka 16.
Women Against Rape demons London

6.U Budage

Abagore n’abakobwa bagera mu 240,000 bamaze gupfa bazize iki cyaha cyo gufatwa ku ngufu mu Budage. Iki gihugu kiri ku mwanya wa gatandatu mu birangwamo gufata ku ngufu kurusha ahandi, mu 2012 cyagaragayemo abantu 6,507,394 bafashwe ku ngufu. Umubare bigaragara ko ukabije. Kiliziya Gaturika muri iki gihugu ikaba yaremereye abafashwe ku ngufu kujya ibaha ikinini kibabuza gusama bamwe bita morning-after pill mu cyongereza. Urubuga dukesha uru rutonde rukavuga ko igihugu gikataje mu ikorabuhanga ariko mu by’ukuri gisubira inyuma mu ubumuntu.
90306334 gettyimages 504163452
7.
U Bufaransa

Mu gihugu cy’u Bufaransa ho ngo gufata ku ngufu byiswe icyaha mu 1980. Amategeko ashimangira uburenganzira bw’umugore ngo muri iki gihugu nayo ngo agiyeho vuba aha. Itegeko rihana ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryemejwe mu 1992. Ubushakashatsi bwakozwe na Guverinoma bugaragaza ko buri mwaka abantu 75,000 bafatwa ku ngufu, mu gihe 10% by’abafashwe ku ngufu ari bo batanga ibirego gusa. Iki gihugu kikaba kiri ku mwanya wa karindwi n’ibyaha byo gufata ku ngufu 3,771,850 byagaragajwe.
Rape Crime in France

8. Canada

Muri Canada muri rusange hamaze kubarurwa ibirego 2,516,918 by’ifatwa ku ngufu. Muri iki gihugu naho ngo umugore umwe muri batatu yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu gihe 6% ari bo batanze ibirego muri polisi. Naho umwe mu bagore 17 muri Canada, yasambanyijwe ku ngufu, abagera kuri 62% by’abafashwe bakaba baranabikomerekeyemo, naho 9% bagakubitwa cyangwa bakangizwa amasura.
Rape Crime in Canada

9. Sri Lanka

Muri iki gihugu ho inzego z’umutekano nizo zishinjwa ahanini gufata ku ngufu no gukorera iyicarubozo abakekwaho ibyaha. Haherutse gutangazwa ko izi nzego z’umutekano za Sri Lanka zakomeje gufata ku ngufu no gukora iyicarubozo mu myaka ine yakurikiye irangira ry’intambara hagati y’abaturage. Ubushakashatsi bwakozwe na Loni bwagaragaje ko abagabo 14,5% muri iki gihugu bafasheho ku ngufu mu buzima bwabo. 4,9% bo bafashe ku ngufu mu mwaka ushize, mu gihe 2,7% bafashe ku ngufu abagabo bagenzi babo. Abagera kuri 95% bafashe ku ngufu muri iki gihugu kandi ngo nta ngaruka mu mategeko zabagezeho.
Rape Crime in Sri Lanka

10. Ethiopia

Igihugu cya Ethiopia nacyo kiza ku rutonde rwa Wonderlist rw’ibihugu 10 byugarijwe n’ifatwa ku ngufu kurusha ibindi, aho raporo ya Loni yasanze 60% by’abagore bo muri iki gihugu barahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Gufata ku ngufu ngo ni ikibazo gihangayikishije muri Ethiopia, aho bivugwa ko hari umuco wo gushyingiranya abantu ariko habanje kubaho kubashimuta.
Highest Rape Crime in Ethiopia

Ngo ni ibintu bisanzwe ko umugabo afatanya n’inshuti ze bagashimuta umukobwa cyangwa umugore rimwe na rimwe bakifashisha ifarasi ngo babone uko bacika. Iyo umugabo ashimuse umukobwa yifuza kurongora rero ngo aramutwara akajya amufata ku ngufu kugeza igihe amutereye inda agahita amugira umugore. Muri iki gihugu ngo abana b’abakobwa bari mu myaka 11 ngo bakunze gushimutwa hagamijwe kuzabagira abagore. Igisirikare cy’iki gihugu nacyo kikaba cyarakunze gushinjwa gusambanya abagore b’abasivili ku ngufu.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *