Gitega: Umupolisi yarashe mugenzi we

Sangiza iyi nkuru

Muri Komini Giheta intara ya Gitega ho mu Burundi, niho umupolisi yarasiye mugenzi we aramukomeretsa.

Amakuru atangwa n’umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi, ni uko uyu mupolisi warashe mugenzi we bari kumwe mu kazi ku kicaro cya polisi i Giheta.

Op1 Nkurikiye Pierre, umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi avuga ko bataramenya icyaba cyamuteye kurasa mugenzi we, uwarashwe yakomeretse ku kaguru ajyanwa ku bitaro bikuru bya Gitega uwabikoze ahita atabwa muri yombi nawe afungirwa muri gereza ya polisi i Gitega.

Mu kwezi kwa kabiri nabwo umupolisi witwa Nduwimana Samuel yamishije amasasu muri bagenzi be abasanze aho bari baryamye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

OP1 Pierre Nkurikiye, avuga ko ayo masasu yakomerekeje abapolisi 8, uwari wabikoze nawe agerageje kwirasa arakomereka ntiyapfa.

Ibi bikomeje kuba mu nzego z’umutekano mu gihe hashize imyaka 2 havugwa ubugambanyi no gucikamo ibice mu nzego z’umutekano, kuva 2015 ubwo imvururu zatangiraga mu Burundi bamwe bamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza, bivugwa ko n’urubyiruko rw’Imbonerakure rwahawe imyambaro ya polisi n’intwaro, birirwa bahangana n’abamaganaga iyo manda.

Ku wa 13 Gicurasi 2015, ubwo habaga igerageza rya kudeta, biza kugaragara aho bamwe mu bapolisi n’abasirikare bitandukanyaga n’uruhande rwa Leta bakajya ku rw’abashakaga guhirika ubutegetsi.

Gusa umuvugizi w’igipolisi akaba avuga ko hataramenyekana icyaba cyateye uyu mupolisi kurasa mugenzi we, iperereza riracyakorwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *