Ingabo z’u Burundi zahakanye guta ibirindiro bya Kitshanga na Mweso

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Burundi zoherejwe mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, muri teritwari ya Masisi muri Repubulika ya demukarasi ya Congo zirahakana guta ibirindiro byazo muri Kitshanga na Mweso.

Tariki ya 8 Ugushyingo 2023, Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko mu gitondo cy’uwo munsi ingabo z’u Burundi zavuye muri Kitshanga, zijya ahatazwi. Ati: “Turatangaza ko muri uyu mwanya, ingabo z’u Burundi zatwitse ibirindiro bya gisirikare bya Kitshanga, abasirikare bazo berekeza ahatazwi banyuze Kibarizo.”

Andi makuru yaje nyuma yavuze ko izi ngabo zavuye no mu birindiro bya Mweso, zerekeza mu gace ka Rushebere kamaze imyaka myinshi kagenzurwa n’umutwe witwaje intwaro wa FDLR. Ni nyuma y’aho tariki ya 5 Ugushyingo M23 itangaje ko yishe, ifata mpiri Abarundi benshi bifatanya na Leta ya RDC.

Dunia Ambroise uri mu bayobozi ba sosiyete sivili ikorera muri Masisi aremeza ko ingabo z’u Burundi zavuye muri ibi birindiro byombi. Ati: “Ingabo z’u Burundi zataye Kitshanga na Mwese nyuma y’imirwano ikaze yabaye mu gitondo hagati ya M23 n’imitwe yitwaje intwaro muri zone ya Burungu, Kilolirwe na Kausa.”

Gusa Umuvugizi w’ingabo z’u Burundi ziri mu butimwa bwa EAC muri RDC, Captain Norbert Nsabimana yatangarije SOS Medias ko zitigeze ziva muri ibi birindiro. Ati: “Ingabo zacu ntabwo zavuye mu birindiro bya Kitshanga, zirahari mu mwanya wazo.”

Ingabo z’u Burundi zatangiye kugera muri Masisi muri Werurwe 2023. Ubuyobozi bwa M23 bwazishinje kwifatanya n’ingabo za Leta ya RDC mu kugaba ibitero ku birindiro byayo no mu bice igenzura. N’ubwo Capt. Nsabimana ahakana aya makuru, hari amashusho yazigaragaje muri Rushebere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *