Misiri: Imbuga 21 z’amakuru zirimo na Al Jazeera zahagaritswe

Sangiza iyi nkuru

Mu gihugu cya Misiri imbunga za internet zinyuzwaho amakuru zigera kuri 21 harimo n’urwa Al Jazeera zahagaritswe zishinjwa gushyigikira iterabwoba nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatatu n’ikinyamakuru cya leta MENA ndetse n’inzego z’umutekano.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters dukesha iyi nkuru, bivuga ko byagerageje gufungura imbuga eshanu zatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Misiri zikanga gufunguka harimo n’urwa Al Jazeera.

Nta muyobozi wo muri iki gihugu wigeze agira icyo atangaza kuri iki cyemezo, ariko umuyobozi mu kigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru ntiyahamije aya makuru cyangwa ngo ayahakane, ariko abaza niba ari ukuri aho ikibazo cyaba kiri.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

MENA mu nkuru yayo yavuzemo umuyobozi mu nzego z’umutekano wayitangarije ko imbuga zirimo iz’ibanda kuri Misiri zo hanze nka, Masr Al Arabiya, Guverinoma ya Misiri ivuga ko ruterwa inkunga na Qatar, zafunzwe kubera gushyigikira iterabwoba n’ubuhezanguni kandi ngo zikanatangaza ibinyoma.

Abandi bayobozi babiri mu nzego z’umutekano bo batangarije Reuters ko imbuga zafunzwe kubera gukorana na Muslim Brotherhood cyangwa kubera guterwa inkunga na Qatar.

Misiri ishinja igihugu cya Qatar gushyigikira Muslim Brotherhood, ishyaka ryakuwe ku butegetsi mu 2013 ubwo igisirikare cyakuragaho perezida Mohamed Mursi (ukomoka muri Muslim Brotherhood) nyuma y’imyigaragambyo yamaganaga ubuyobozi bwe.

 

Nubwo bimeze gutyo ariko, urubuga rwa Mada Masr, rw’Abanyamisiri ruvuga ko ruharanira iterambere rutagendera ku matwara ya kisilamu ndetse rukaba rudaterwa inkunga na Qatar, narwo ruri mu mbuga zitashoboraga gufunguka muri Misiri kuri uyu wa gatatu.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *