Umugore wa Twahirwa yabwiye urukiko ko yashyizweho iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa Twahirwa Séraphin uburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels ko mu mwaka w’2020 yamutanzeho ubuhamya bumushinja bitewe n’iterabwoba yari yarashyizweho n’uwo yita maneko.

Uyu mugore yagombaga gutanga ubuhamya kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023 ariko si ko byagenze bitewe n’impaka ndende zaturutse ku kuba yifuzaga kubutangira mu muhezo, abunganira abaregera indishyi n’abashinjacyaha bakifuza ko abutangira mu ruhame.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Ugushyingo ni bwo urukiko rwafashe umwanzuro w’uko uyu mugore wari mu bwoko bw’Abatutsi atangira ubuhamya mu ruhame, aza kumvwa mu masaha y’umugoroba.

Mu buhamya uyu mugore yahaye inzego zishinzwe iperereza, yavugaga ko Twahirwa yamugize umugore ku ngufu (amuteruye), kandi ko yajyaga abakobwa mu rugo rwabo, akabasambanya areba; ibintu ngo byatumye umubano wa bombi uba mubi.

Uyu mugore yasobanuriye urukiko ko yashakanye na Twahirwa mu buryo bwemewe n’amategeko, kandi ko bakoze ibirori bikomeye, byitabiriwe n’abantu benshi. Ati: “Twarabanye mu by’ukuri, ikitarabayeho ni ukujya mu rusengero ariko na byo twabitekerezagaho. […]N’iyo papa yaza, hari n’abavandimwe banjye bakiriho, mubabajije ntawababwira ko nigeze mfatwa ku ngufu. Njyewe navuze ibitari ibyanjye.”

Umucamanza yabajije umugore wa Twahirwa impamvu mu mwaka w’2020 yahaye abakoraga iperereza amakuru atandukanye n’ayo arimo gutanga, asobanura ko yabanje guterwa ubwoba. Ati: “Hari umuntu umwe ukora mu butabera bw’u Rwanda wahoraga antera ubwoba ku buryo bananyoherereje maneko witwa Bosco hafi y’aho ntuye.”

Yakomeje agira ati: “Uwo Bosco yananzaniye n’umuntu w’umugabo arambwira ati ‘uyu ni uw’iwanyu.’ Ku munsi ukurikiyeho Bosco yaragarutse arambwira ati ‘Uriya muntu rero ni maneko.’ Bukeye uwo mugabo na we witwa Fidele araza arambwira ati ‘Rero hari ubuhamya ugomba gutanga.’ Nsubiye inyuma gato, na nimero y’i Kigali igakomeza kumpamagara, imbwira ko ngomba gutanga ubuhamya.”

Uyu mugore yasobanuye ko uwamuhamagaraga amubwira ko agomba gutanga ubuhamya yitwa Agathe. Ati: “Nababwiye ko Agathe yampamagaye, ambwira ko ngomba kuza gutanga ubuhamya mu Rwanda. Naje guhamagarwa n’undi mugabo w’ubutabera bw’u Rwanda, ambwira ko ngomba gutanga ubuhamya mu Rwanda kandi ngo nintajyayo ntaho nzaba ntandukaniye n’abishe abantu.” Uyu Agathe ari mu bagomba gutanga ubuhamya muri uru rukiko.

Yakomeje asobanura ko yamenyesheje mubyara we ko hari abantu bamusaba kuva muri Kenya, akajya gutanga ubuhamya mu Rwanda, ariko amubwira ko najyayo, azabutanga afungiwe mu igororero (gereza).

Ku kuba yaremeye kujya gutanga ubuhamya muri uru rukiko rwo mu Bubiligi, yasobanuye ko ho yizeye umutekano waho. Yagize ati: “Fidele aza, yambwiye ko ninagera ino [Brussels], nzavuga ibyo bambwiye. Ni byo byatumye ngenda, nkavuga ibyo bashaka, ariko nkumva ningera ino, nzavuga ukuri kuko hari umutekano urenze uwo muri Kenya. Nkaba navuze nti ‘Reka mvuge ubuhamya bwanjye uko buri kuko ndabuzi ku murongo’.”

Umucamanza yamubajije niba azi ibyaha Twahirwa ashinjwa, asubiza ko abyumva ariko avuga ko atigeze abikora. Ati: “Numva bavuga ko ashinjwa jenoside yo mu Rwanda, ariko njye simbyemera.” Na none ati: “Ubu ngubu ubuhamya ntanze nishyize mu biganza by’Imana, nimpfa sinzapfane icyaha cyo kubeshya.”

Umugore wa Twahirwa yasobanuye ko umukobwa we babanaga muri Kenya, ubwo yamenyaga ko mu 2020 yatanze ubuhamya bushinja se, yamwanze, aramusiga kandi ngo kugeza ubu ntabwo azi ahantu aherereye. Yabwiye urukiko ko yabutanze kuko yari yarashyizweho iterabwoba n’uyu Fidele, ariko umukobwa yanze kubyumva.

Ubuhamya umugore wa Twahirwa yatanze butandukanye n’ubwo musaza we ndetse n’umugore Twahirwa ashinjwa kubohoza mu gihe cya jenoside batanze mu maburanisha yabanje. Bo basobanuraga ko uyu yateruwe kandi ko atabanaga neza n’umugabo we kubera ko yamusambanyirizaga abakobwa mu maso.

Uyu mutangabuhamya Twahirwa ashinja kubohoza nyuma yo kwica umugabo we, ntabwo yitabiriye iburanisha ryo kuri uyu wa 23 kubera ko ngo ibyo uyu mugore yari atangiye kuvuga ku wa 22 Ugushyingo yumvaga byamusubiza inyuma. Ibi byashimangiwe n’umwunganizi we, Me Karongozi André Martin wagize ati: “Ntiyifuje kugaruka kuko yumvise ibyo bimushavuje.”

Uru rubanza rurakomeza kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2023, humvwa ubundi buhamya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *