f_oeek1weaeynww.jpg

Hatowe itegeko rizafasha kurushaho kumenya amakuru y’abinjira n’abasohoka mu gihugu

Sangiza iyi nkuru

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Kane, itariki 23 Ugushyingo 2023, yatoye itegeko rigenga amakuru y’abagenzi mbere yo kwinjira cyangwa gusohoka mu Rwanda n’ay’amadosiye yabo.

f_oeek1weaeynww.jpg

Itegeko rigenga amakuru y’abagenzi mbere yo kwinjira cyangwa gusohoka mu Rwanda n’ay’amadosiye yabo rizafasha mu gusaba no guhabwa amakuru n’ibihugu cyangwa imiryango byita cyane ku kurinda amakuru bwite y’abantu kugira ngo ibigo by’ubwikorezi byemere kohereza amakuru mu Rwanda.

f_oeek0xkaeewtx.jpg

Iri tegeko rizoroshya ikusanywa, itangwa, isesengurwa, n’ihererekanywa by’amakuru y’abagenzi mbere y’uko binjira mu gihugu n’ay’amadosiye y’abagenzi hagamijwe kwemererwa kwinjira mu Rwanda, gukumira, gutahura, kugenza no gukurikirana ibyaha by’iterabwoba n’ibyaha biremerereye.

f_oeek2woaa9agw.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *