Nigeria: Abantu bitwaje intwaro bashimuse Abanyakoreya 2 bica abasirikare 4

Sangiza iyi nkuru

Abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bateze igico imodoka za sosiyete ikora ubucukuzi bwa peteroli muri Leta ya Rivers yo mu majyepfo ya Nigeria maze bashimuta abakozi babiri bo muri Koreya y’Epfo bica abasirikare bane.

Izi modoka zaguye mu gico kuri uyu wa Kabiri ushize ku muhanda Ahoada-Abua hafi y’umuhanda uva iburasirazuba ugana mu burengerazuba muri iyi leta.

Abanyakoreya bari mu bakozi ba Daewoo Engineering and Company, ikigo cyo muri Koreya y’Epfo, bari baherekejwe n’abasirikare ba Nigeria bajya ku kazi.

Bivugwa ko abashoferi babiri na bo biciwe muri icyo gico nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ikomeza ivuga.

Kuva icyo gihe Igisirikare cya Nigeria cyemeje iyicwa ry’abo basirikare ndetse n’ishimutwa ry’abo banyamahanga babiri.

Mu ijambo rye, umuvugizi w’ingabo, Major Jonah Danjuma, yavuze ko igisirikare cyakurikiranye abo bagabye igitero kugira ngo abo bakozi bombi babohorwe.

Igisirikare cyashinje abakekwaho kuba mu mutwe witwaje intwaro kuba inyuma y’icyo gitero ariko nta wahise akigamba.

Ni mu gihe gushimuta abantu bakarekurwa hatanzwe ingurane ari ibintu bikunze kugaragara mu gihugu cya Nigeria.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *