Mme Jeannette Kagame yagaragaje uko kunywa inzoga nyinshi byabaye icyorezo

Sangiza iyi nkuru

Madamu Jeannette Kagame asanga uburyo abantu basigaye banywamo inzoga haba abato cyangwa abakuru biteye inkeke ku buryo hatagize igikorwa hari byinshi byakwangirika.

Ni ubutumwa yahaye abitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko ryateguwe n’Umuryango Imbuto Foundation, mu bukangurambaga ‘Tunywe Less’ bushishikariza urubyiruko kunywa inzoga mu rugero, bwabereye i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukuboza 2023.

Madamu Jeanette Kagame, avuga ko hakwiye gukomeza gukora ubukangurambaga kuko bifasha gukomeza gushimangira gahunda ya ‘Tunywe Less’.

Ati: “Iki cyorezo cy’inzoga, yaba mu bato bataragira imyaka y’ubukure, haba mu mujyi cyangwa se mu cyaro, giteye impungenge. Mu bakuru na bo si shyashya kandi bakagombye kuba batubera urugero”.

Jeannette Kagame yagaragaje impamvu Leta yashyizeho gahunda ya Tunywe mu Rugero (Tunywe Less) no kuvaga ngo inzoga si iz’abato, ko byashyizweho mu rwego rwo gufatanya nk’Umuryango Nyarwanda mu kumva ububi bw’inzoga ku buzima, ibijyanye n’imitekerereze, imibanire, imibereho n’iterambere ry’umuryango n’igihugu mu rwego rwo gukumira no kurandura ubusinzi.

Yasabye abari bitabiriye iri huriro ry’urubyiruko gutekereza ku cyatuma abantu bagera aho babatwa n’inzoga, akavuga ko hari ubwo bituruka ku bantu babaye mu buzima bugoye bugatuma bishora mu nzoga bumva ari ho babonera igisubizo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *