Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zavuze ko zagabye igitero ku bwato bwa gisirikare bw’u Burusiya ku birindiro biri mu karere ka Crimea kigaruriwe n’u Burusiya, Kyiv ivuga ko bwari butwaje drones zo gukoresha mu ntambara ya Moscou.
Kuri uyu wa Kabiri, ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zavuze ko Novocherkassk, ubwato bunini bugwaho indege z’indwanyi, “bwasenyutse” mu gitero cy’indege cyabo.
Ibiro ntaramakuru Interfax bivuga ko Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya n’abayobozi bemeje igitero cya Ukraine cyaraye kibaye. Minisiteri yavuze ko ubwo bwato “bwangiritse” nyuma y’uko Ukraine ikoresheje misile ziyoborwa zarasiwe mu ndege ku bwato mu mujyi wa Feodosia wo muri Crimea.
Umuntu umwe yapfuye abandi babiri barakomereka muri icyo gitero, nk’uko Guverineri wa Crimea washyizweho na Moscou, Sergey Aksyonov, yabitangarije kuri Telegram, akomeza avuga ko inyubako esheshatu zangiritse ndetse abaturage bazibagamo bakimurwa.
Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zagize ziti: “Abantu bavuga ko [Novocherkassk] yari itwaye Shaheds”, avuga indege zitagira abadereva zikorwa na Iran, u Burusiya bwakoresheje kenshi mu gutera Ukraine.
Umuyobozi w’ingabo muri Ukraine, Mykola Oleshchuk, yanashyize ahagaragara amashusho y’iturika rihambaye ku birindiro byo mu mazi by’Abarusiya muri Feodosia.


